Inkuru Nshya

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 1 Kanama 2026 ni umunsi ugoye abakunda ibirori kubona amahitamo y’aho berekeza kubera ibikorwa by’imikino n’imyidagaduro biteganyijwe kubera rimwe mu Rwanda kandi ahantu hatandukanye.
Umukinnyi w'umunyarwanda Byiringiro Lague yamaze kumvikana n'ikipe yo muri Afurika y'Epfo ikina icyiciro cya mbere ya Durban City FC ko yayerekezamo nyuma yo kurangiza amasezerano mu ikipe ya Police FC, igatangaza ko itazamwongerera.
Umuryango FPR-Inkotanyi wifatanyije mu kababaro n’Ishyaka Riharanira Ukwishyira Ukizana kwa buri Muntu/PL kubera urupfu rwa Nyakubahwa Senateri Mukabalisa Donatille, wari Perezida w’iryo shyaka witabye Imana ku wa 30 Nyakanga 2026.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 30 Nyakanga 2026, Umuyobozi Mukuru wa Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu (REG), Eng. Maximilien Byilingiro ndetse n'ubuyobozi bw'amakipe ya basketball ya REG basuye amakipe ya basketball ya REG mu bagore n'abagabo akomeje imyitozo yitegura imikino ya kamarampaka.
Raporo y’Ikigo cy’Ibarurishamibare igaragaza ko mu bantu bakoreweho ubushakashatsi bari hagati y’imyaka 15-49 babajijwe bavuze ko bazi igituntu, aho 97% by’abagore na 98% by’abagabo bavuze ko bakizi. Muri bo, 88% by’abagore na 91% by’abagabo bazi ko igituntu gishobora gukira.
Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bushinzwe kugarura amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO), bwahakanye kugira uruhare mu gusubiza muri Congo abaturage b’iki gihugu bari baroherejwe mu Rwanda byitwa ko bahoze ari abarwanyi b’umutwe wa FDLR.
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi ya Kaminuza y’u Rwanda (UR), Dr. Pradeep K. Khosla na Ivan Murenzi umwungirije aho baganiye ku ngingo zinyuranye cyane cyane ireme ry’uburezi buyitangirwa n’uuruhare rwayo mu iterambere ry’u Rwanda.
Ikipe ya APR FC yatsinze ikipe ya Vipers SC yo muri Uganda ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa gatatu ari nawo wa nyuma w’amatsinda muri CECAFA Kagame Cup 2026, ariko n’ubundi biba iby’ubusa isezererwa itarenze itsinda.
Ingabo z'u Rwanda (RDF) zinjije ku mugaragaro icyiciro gishya cy'urubyiruko rw'abahungu n'abakobwa nyuma yo kurangiza neza amahugurwa y'ibanze ya gisirikare yari amaze amezi atandatu abera mu Kigo cy'Amahugurwa ya Gisirikare giherereye i Nasho mu Karere ka Kirehe.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface, yavuze ko hakwiye gukazwa ubugenzuzi ku buziranenge bw’inzoga zitangirwa mu bitaramo kugira ngo harindwe ubuzima n’umutekano bw’ababyitabira.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka