Politiki

Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Israel, Gideon Saar, bifatanyije n'Abanyarwanda baba muri Israel, n'inshuti z'u Rwanda mu kwizihiza umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 32.
Mu ruzinduko rw'akazi ari kugirira muri Israel, Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane w'u Rwanda, Olivier Jean Patrick Nduhungirehe, yasuye Old City of Jerusalem (Umujyi wa Kera wa Yeruzalemu) na Western Wall, hamwe mu hantu hafite amateka akomeye kandi hafatwa nk'ahera ku Isi.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yavuze ko ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro ya Washington ridakwiye gusabwa u Rwanda rwonyine, ahubwo ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) na yo igomba kubahiriza inshingano zayo zirimo guca intege umutwe wa FDLR.
Imyaka 32 irashize izari Ingabo (RPA) Inkotanyi zibohoye igihugu, nyuma y’urugamba rwamaze imyaka ine aho rwatangiye mu Ukwakira 1990 kugeza muri Nyakanga 1994.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb Olivier Nduhungirehe, yanyuzwe n’imigabo n’imigambi ya Louise Mushikiwabo, uri kwiyamamariza kongera kuba Umunyamabaga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa OIF, avuga ko amavugurura yakoze muri uyu muryango yatanze umusaruro ufatika.
Kuri uyu  wa Kabiri, tariki ya 30 Kamena 2026, muri Village Urugwiro, Perezida Kagame  yayoboye Inama y’Abaminisitiri yasize hemejwe imishinga n’amateka bitandukanye harimo n’Iteka rya Minisitiri ryerekeye uburyo bw’ikoranabuhanga mu gutanga inyemezabuguzi, kuvanirwaho umusoro n’igihembo gihabwa umuntu watanze amakuru ku inyerezwa ry’umusoro.’
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje impamvu amasezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yadindiye, asobanura ko uruhande rwa Kinshasa rwananiwe gushyira mu bikorwa ibyo rwiyemeje
Perezida Kagame yongeye gushimangira ko amateka ashaririye u Rwanda rwanyuzemo atabaye ku bw’impanuka yibutsa ko Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwe by'igihe kirekire mbere yo gushyirwa mu bikorwa.
Raporo nshya y’Urwego rwigenga rukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro muri Afurika, Barometer of Peace Agreements in Africa (BAPA), igaragaza ko nyuma y’umwaka umwe hasinywe amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ishyirwa mu bikorwa ryayo rimaze kugera ku kigero cya 35%.
U Rwanda rwongeye gushimangira ko ruzakomeza kuba umufatanyabikorwa ukomeye mu guteza imbere uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo, ndetse no kongerera ubushobozi abagore n’abakobwa.