Politiki

Perezida Paul Kagame yavuze ko umutwe wa M23 utaturutse mu Rwanda ahubwo ari umutwe wo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo w’Ihuriro rya AFC/M23 ndetse ukaba ukorana n’uwahoze ari Perezida wa Congo, Joseph Kabila akorana na wo.
Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatamaje uwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya, wavuze ko ihuriro rya AFC/M23 ari ryo rigaba ibitero ku Banyamulenge batuye mu Minembwe no mu nkenegero zaho nyamara ibyo bayishinja ari ibikorwa by’ingabo za Leta (FARDC), zifatanyije  n’iz’u Bbarundi, FDLR na Wazalendo.
U Rwanda rwafunguye icyicaro cya Ambasade yaryo ya mbere muri Algeria, intambwe ikomeye mu gushimangira umubano w’ibihugu byombi no gushyigikira gahunda ya 2063 y’Umuryango wa Afurika
Mu ruzinduko yagiriye muri Central African Republic, umunyamabanga Mukuru wa FPR Inkotanyi Amb. Christophe Bazivamo yagiranye ibiganiro n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’ishyaka Mouvement Cœurs Unis (MCU), Nyakubahwa Matthieu Simplice Sarandji.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu kabiri tariki ya 31 Werurwe 2026, Perezida Paul Kagame yakiriye i Kigali Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n'Ubutwererane bwa Afurika y'Iburasirazuba wa Tanzania, Mahmoud Thabit Kombo.
Umuyobozi Mukuru wa Komisiyo y’Igihugu yo Gusezerera no Gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari Abasirikare (RDRC), Nyirahabineza Valérie, yavuze ko kugirango abanyarwanda baba mu mutwe w’iterabwoba ba FDLR  batahe bibagora cyane kugeza bageze mu bice bigenzurwa na M23 yo ikaba inzira mu gihe abandi babasubizayo bakanabica.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Maurice Mugabowagahunde, yasabye abahoze mu mutwe witwaje intwaro wa FDLR,  kuzaba intumwa nziza mu gakangurira abo basize mu mashyamba gutaha, ndetse no kunyomoza ibihuha by’abaharabika u Rwanda.
Perezida wa Repubulika ya Santarafurika (CAR), Prof. Faustin-Archange Touadéra, yarahiriye kuyobora iki gihugu muri manda nshya maze ashimira byimazeyo umusanzu w’Ingabo z’u Rwanda (RDF) mu kugarura amahoro n’umutekano muri iki gihugu.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yakiriye Umwanditsi w’Urwego rwasigaranye imirimo y’Inkiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (IRMCT), Abubacarr Tambadou n’itsinda ahagarariye.
Minisitiri w’Intebe Dr Justin Nsengiyumva, yagaragaje ko Umuryango w'Ibihugu bya Afurika, Karayibe na Pasifika (OACPS), ugomba kuba urubuga rworohereza ishoramari aho kuba urw'ubufatanye gusa.