Ubuhinzi

Mu rwego rwo guteza imbere imibereho y’abaturage bagiye kwimurwa mu gice kizagurirwamo Pariki y’Ibirunga, hafunguwe ku mugaragaro ikigo cy’ubuhinzi bw’imboga giherereye mu Murenge wa Kinigi, mu Karere ka Musanze
Chantal Kamashazi, ni umwe mu rubyiruko ruri ku isonga mu guhanga udushya mu buhinzi no kurengera ibidukikije, aho yashinze kompanyi ya 'Mind Valley Rwanda Ltd' itunganya imyanda ikabyazwamo ifumbire, hagamijwe guha abahinzi amahirwe yo kongera umusaruro wabo
Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi yatangaje ko igiye kujya ikorana n'abagoronome bigenga muri gahunda z'ubuhinzi kugira ngo bafashe abahinga mu byanya binini n'abahinzi muri rusange kongera umusaruro
Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Guteza imbere Iyoherezwa mu Mahanga ry’Ibikomoka ku Buhinzi n’Ubworozi (NAEB) cyatangaje ko abahinzi b’ikawa batazongera guhabwa ifumbire ku buntu
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwijeje abahinzi ubufasha nyuma y’uko imvura nyinshi yangije imbuto z’ibiti 10,000 zari ziteganyijwe guhabwa abahinzi mbere y’igihe cy’ihinga giteganyijwe gutangira muri Ukwakira
Minisitiri Dr. Mark Bagabe, yakiriye itsinda ry’inzobere zaturutse muri Brazil mu biganiro bigamije gufatanya n'u Rwanda mu kuzana inka za 'Girolando', zizwiho kororoka neza no gutanga umukamo mwinshi
Umuryango Mpuzamahanga ugamije kurwanya ubukene n’inzara, Heifer International wafunguye ku mugaragaro ikigo cya kabiri kizajya gitangirwamo amahugurwa ku mikoreshereze y'imashini zihinga no kuzisana
Ubuhinzi ni urwego rutanga amahirwe y’iterambere, kandi uyu munsi Leta y’u Rwanda ishyize imbere gahunda yo gushishikariza urubyiruko kwibona mu buhinzi nk’inzira yo kwihangira imirimo, kongera umusaruro, kwihaza mu biribwa no kurwanya imirire mibi
MINAGRI ivuga ko igihembwe cy’ihinga cy’umuhindo kizatangirana n’umwaka wa kabiri wa NST2, kizakorwamo akazi kenshi hagamijwe kugera ku ntego Igihugu cyihaye yo kuzamura umusaruro w’ibihingwa ngandurarugo ku kigero cya 50%
Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) kigaragaza ko uburyo bushya bwo gutunganya ibishishwa by'imyumbati bikavamo ibiryo by'amatungo byafasha mu kugabanya ibitumizwa mu mahanga ku kiguzi kiri hejuru

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka