Uburezi

Umuyobozi w’Akarere wungirije Ushinzwe Imibere myiza y’abaturage mu Karere ka Kamonyi, Uwiringira Marie Jose, yavuze ko inzego z’Ubuyobozi zikomeje guhangana n’ibibazo bikomeye bituma abana bava mu ishuri birimo ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye bikorerwa muri ako gace birarura abana benshi
Umuyobozi wa Zero Out Of Children, Paulin Ndahayo, yavuze ko gahunda yo kugaburira abana ku ishuri ari ingenzi cyane, ari yo mpamvu bayigiramo uruhare kugira ngo umwana wese yige kuko usanga hari imiryango itabasha kubona umusanzu usabwa ngo iri funguro riboneke, bityo abana bakarushaho kwitabira ishuri nta mpungenge.
Umushinga wa ‘Zero Out of School Children’ (Umwana Wese Yige) ugamije kugarura mu ishuri abarivuyemo no kujyanamo abatararigezemo, umaze gusubiza mu ishuri abana barenga ibihumbi 71
Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Imikurire no Kurengera Umwana, NCDA, cyatangaje ko Ibigo mbonezamikurire y'abana bizwi nka ECD byageze kuri 32,205 mu mwaka wa 2025, zigamo abana 1,165,384 biyongereyeho abarenga ibihumbi 800 kuva mu 2020.
Minisitiri w’Uburezi Joseph Nsengimana yasabye ko isuku yaba umuco mu mashuri nk'ahantu hahurira umubare munini bityo abana bakiga neza kandi bafite ubuzima bwiza.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, Irere Claudette, yashimangiye ko ubufatanye hagati y’u Rwanda na Zimbabwe mu guhana abarimu bigisha, ari intambwe ikomeye igaragaza ko imikoranire hagati y’ibihugu byombi bya Afurika ishoboka aho gukorana gusa n’ibindi bihugu.
Mu kwizihiza umunsi Mpuzamahanga wa Mwarimu ku Rwego rw’Igihugu, abarezi bagaragaje ibyishimo baterwa n’impinduka zigaragara mu mibereho yabo bishimangirwa n’umushahara uherutse kongerwa n;ubwo bagaragaza ibigikenewe birimo mwarimu shop.
Minisitiri w’Uburezi Joseph Nsengiyumva yibukije ko umwarimu ari inkingi ya mwamba mu burezi bw’u rwanda  ashimangira ko ireme ry’uburezi , ubumenyi n’ubushobozi igihugu gikomeza kugeraho byubakiye ku mbaraga n’ubwitange bya mwarimu.
REB yagaragaje ko abarimu bigisha ururimi rw'Igifaransa boherejwe n'Umuryango w'Ibihugu bikoresha Igifaransa, OIF, ari abafatanyabikorwa b'imena mu rugendo rwo guteza imbere uru rurimi mu burezi bw'u Rwanda
Hashakineza Jean Claude, yasobanuye ko amashuri y’ikitegererezo (Model Schools) afite isano n’amashuri Nderabarezi, kuko akorana nayo mu gufasha abanyeshuri biga uburezi kwimenyereza neza uwo mwuga