Ibyihariye

Minisiteri y'Ubucuruzi n'Inganda, MINICOM, yatangaje ko leta yatangiye ibiganiro n'abacuruza bakanatumiza ibikomoka kuri peteroli n'abandi bacuruzi bashobora kugerwaho n'intambara iri mu Burasirazuba bwo hagati.
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibihano Leta Zunze Ubumwe za Amerika zafatiye bamwe mu bayobozi bakuru b'Ingabo z’u Rwanda (RDF), ivuga ko bibogamye kandi bigamije kugaragaza isura ihabanye n'ukuri ku bibazo by’umutekano muke bimaze igihe mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC)
Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bagiye guhurira mu Nama Isanzwe ya 25, izabera i Arusha muri Tanzania ku wa 7 Werurwe 2026.
Kuva mu mpera z'icyumweru gishize , ibintu byafashe indi ntera mu Burasirazuba bwo hagati , kubera intambara ihanganishije Iran na Leta Zunze Ubumwe za Amerika zifatanyije na Israel.
Ubuyobozi bw’Urwego rw’u Rwanda Rugenzura Isoko ry’Imari n’Imigabane, (CMA) rwatangaje ko Romeo Ngarambe ariwe Muyobozi mukuru warwo, aho aje asimbura Umunya Botswana, Thapelo Tseole uherutse kuva muri izi nshingano muri Mutarama 2026, yararimo kuva muri Kamena 2024
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Nduhungirehe Olivier, yagiriye uruzinduko mu Buhinde aho yitabiriye inama ijyanye no gushimangira ubufatanye hagati y’u Rwanda n’u Buhinde mu nzego zitandukanye.
I Rusororo mu Karere ka Gasabo u Rwanda ruri kuhubaka ibigega bya gaz yo gutekesha  byitezweho kuzafasha kugabanya igiciro cyayo ndetse bikazatuma hashyirwaho ibiciro bimwe hose mu gihugu kandi bikazanorohereza abafite amikoro macye kubona gaz ijyanye n’ubushobozi bwabo.
Abakinnyi babiri bakinira ikipe ya Atlético de Madrid y’Abagore yo mu gihugu cya Espagne, Carmen Menayo Montero na María Dolores Gallardo Núñez uzwi nka ‘Lola’ bari mu biruhuko mu Rwanda.
Imibare igaragaza ko ibihugu umunani bigize uyu muryango wa EAC bicuruzanya hagati yabyo  ku kigero cya 15% nyamara bituwe n’abasaga miliyoni 300 aho 60% by’abo ari urubyiruko mu gihe umusaruro mbumbe wabyo urenga miliyari 350$.
Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 28 Gashyantare 2026, yifatanyije n’abaturage bomu Karere ka Kicukiro na Nyarugenge , mu Mujyi wa Kigali , mu muganda Rusange usoza ukwezi kwa Gashyantare 2026.