Ibyihariye

Minisitiri w’ubumwe bw’abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascene, yagaragaje ko bitashoboka ko abanyarwanda bunga ubumwe batabanje kumenya amateka y’icyatumye busenyuka n’abagize uruhare mu kubusenya.
Ku wa 13 Mata 2026, abayobozi bakuru mu nzego zitandukanye z’igihugu hamwe n’abahagarariye imitwe ya politiki bahuriye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Rebero mu gikorwa cyo gusoza icyumweru cy’icyunamo no kwibuka abanyapolitiki bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
Tariki ya 13 Mata 1994 ni imwe mu matariki atazibagirana ku barokotse Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 kuko kuri iyo tariki abatutsi bari baragiye bahungira ahantu hatandukanye mu Rwanda bagabweho ibitero benshi bakwicwa.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yishimiye intsinzi ya Ismail Omar Guelleh wongeye gutorerwa kuyobora Djibouti
Tariki ya 12 Mata 1994 uwari Umunyamabanga Mukuru wa Loni, Boutros Boutros-Ghali yavuze ko MINUAR igomba kuva mu Rwanda atitaye ku Batutsi barimo bicwa hirya no hino mu Rwanda.
Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane Amb. Olivier Nduhungirehe yashimiye Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda, ICTR, rwabashije kuburanisha ibirego bisaga 80 byabagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Ku rwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza ya Kicukiro habereye umugoroba wo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, witabiriwe n’abayobozi batandukanye ndetse n’abaturage benshi baje kunamira no kuzirikana inzirakarengane zahiciwe mu gihe cya Jenoside.Umuyobozi w'umujyi wa Kigali yagaragaje uko abari bahungiye muri ETO Kicukiro batereranywe.
Tariki ya 11 Mata 1994 ni umunsi utazibagirana ku Batutsi bari bahungiye mu ishuri rya ETO Kicukiro bizeye ubutabazi ariko batereranwa n’ingabo z’Ababiligi zari mu butumwa bw’amahoro bwa Loni (MINUAR) maze abarenga 2000 baricwa.
Ku cyicaro cy’Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA) ku Kacyiru, habereye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 abanyamakuru n’abakozi b’icyahoze ari ORINFOR ndetse n’abandi bo mu bitangazamakuru bitandukanye bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 10 Mata 2026, Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Justin Nsengiyumva, yifatanyije n’abatuye mu Ngororero District mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka