Ibyihariye

U Rwanda rwaje ku mwanya wa mbere ku Isi mu cyerekezo cy'ishoramari ritanga inyungu ‘Baseline Profitability Index’ (BPI) mu mwaka wa 2026, aho rwagaragajwe nk’igihugu cyizewe cyashorwamo imari kandi ikunguka vuba.
Inteko y’Umuco yamuritse Inkoranyamuga y’Ikoranabuhanga mu Kinyarwanda, (ICT Terminological Dictionary in Ikinyarwanda), aho yanditswe mu rwego rwo gukungahaza ururimi rw'Ikinyarwanda no gufasha Abanyarwanda kubona amagambo y'Ikinyarwanda bakoresha mu rwego rw'ikoranabuhanga.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n'Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ubuyobozi bwa Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi uyoboye Umuryango nwa Afurika Yunze Ubumwe burimo ibyuho n’amakosa akomeye bishobora gushyira umugane wose mu kaga n’umuyobozi utaramara amezi abiri kuri uwo mwanya.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, cyatangaje ko ubushomeri mu Rwanda bwagabanyutseho 2.5% mu 2025 aho Abanyarwanda badafite akazi (abashomeri) bageze kuri 676,340 bangana na 12.4%.
Minisitiri w’Umutekano imbere mu gihugu, Vincent Biruta, yashyikirije Perezida wa Repubulika ya Congo, Denis Sassou N’Guesso,o ubutumwa bwa Perezida w’u Rwanda Paul Kagame.
Mufti w’u Rwanda, Sheikh Sindayigaya Mussa yashimiye Leta y’u Rwanda n’Umukuru w’Igihugu, Perezida Paul Kagame, ku ruhare bagize mu guha agaciro Abayisilamu no kubafungurira amarembo mu nzego zitandukanye z’igihugu
Perezida Paul Kagame yemereye Abayisilamu kongera gusubizaho umuhamagaro w’isengesho rya mu gitondo cya kare ‘Adhan’, hifashishijwe indangururamajwi nk’uko byahoze.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yongeye gusobanura impamvu z’ifungwa ry’insengero zimwe na zimwe, agaragaza ko byatewe n’imikorere idahwitse muri zimwe mu nzego z’amadini n’amatorero, atari ugutoteza imyemerere nk’uko bamwe babivuga
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yemereye abayoboke b’idini ya Isilamu inkunga igamije kubafasha guteza imbere ibikorwa remezo n’imibereho yabo muri rusange, anizeza ko zimwe mu mbogamizi zari zaragaragajwe zizakemuka bidatinze
Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie, yavuze ko kimwe mu byabafashije kuza ku isonga mu kwesa imihigo y’Uturere y'umwaka wa 2024/2025 ari gahunda zitandukanye zashyizweho harimo iyitwa ‘Bwije nkoze iki’ ibafasha gukora isuzuma haba ku ruhande rw’abayobozi ndetse n’abaturage.