Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Ubuyobozi bw'Itorero rya ADEPR bwatangaje ko muteganya kwicarira ikibazo cy'abantu batanze imigabane mu kigega CICO Ltd (Christian Investment Corporation Ltd), cyari kigamije guteza imbere abagize iri torero, hakarebwa uburyo abatanzemo imigabane bayisubizwa.
Umupolisi wakoreraga mu Karere ka Rutsiro yarashe umuturage na DASSO nawe ahita yirasa arapfa.
Itsinda ry’abashakashatsi kuri serivisi z’imari rikorera muri Banki y’Isi,CGAP, ryagaragaje ko u Rwanda rukomeje kuza mu bihugu byihuta cyane mu gukoresha ikoranabuhanga muri serivisi z’imari ariko hakaba hari impungenge z’ibitero by’uburiganya nabyo bikomeje kwiyongera
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko atari yo ikwiye kubazwa ibyo gushyiraho agahenge mu mirwano AFC/M23 ihanganyemo na leta ya RDcongo,mu ntara ya Kivu y'Amajyepfo, yamaganira kure ibitero byagabwe hafi y'umupaka w'u Rwanda, bigizwemo uruhare n’ingabo za FARDC zifatanyije n'iz’u Burundi n’imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR.
Itorero rya ADEPR mu Rwanda ryimitse bwa mbere abapasiteri b’abagore bagiye gutangira inshingano zo kuyobora itorero
Ihuriro rya AFC/M23, ryamaze kwigarurira umujyi wa Uvira, gusa hari uduce duke tutaragerwamo n’abarwanyi b'uyu mutwe
Corneille Nangaa, yemeje ko igisirikare cya M23 cyamaze kwinjira muri Uvira, avuga ko babikoze mu rwego rwo gushyiraho umutekano nyuma y’uko yahamagawe n'abaturage bo muri ibyo bice bamutabaza
Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu, Habimana Dominique, yaganiriye n’abakozi ndetse n’abayobozi b’agateganyo b'Akarere ka Kayonza, abasaba gushyira imbere imitangire myiza ya serivisi nyuma y'uko hari abaherutse kwirukanwa babizira
Minisitiri w'Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva yahuye na Perezida wa Côte d'Ivoire, Alassane Ouattara, amugeza ubutumwa bwihariye yagenewe na Perezida w'u Rwanda Paul Kagame