Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Ambasaderi CG Dan Munyuza, yakiriwe n’abayobozi batandukanye muri Leta ya Oman, mu rwego rwo gukomeza guteza imbere ubufatanye hagati y’ibihugu byombi, cyane cyane mu nzego z’umurimo, ubucuruzi n’ishoramari
Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane w'u Rwanda ,Amb Olivier Jean Patrick Nduhungirehe, yatangaje ko u Rwanda atari rwo rubazwa ibyo kwica agahenge ahubwo FDLR n'ingabo z'u Burundi bifite umugambi wo guhungabanya umutekano warwo.
Ambasaderi Urujeni Bakuramutsa, yashyikirije Igikomangoma cya Liechtenstein, Prince Alois, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu
Maniriho faustin wo mu karere ka Rwamagana n'abagabo babiri aribo Kwizera Dieu Donne na Saleh Ali Manishimwe, bareganwa, baburanishijwe mu ruhame, mu nteko z'abaturage, baregwa kugira uruhare mu rupfu rw'umugore we witwa Murekatete Jacqueline.
Umuhanzi Niyo Bosco yasezeranye imbere y'amategeko n'umukunzi we Mukamisha Irene, mu muhango wabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 10 Ukuboza, mu Murenge wa Kinyinya
Umuyobozi w'Akarere ka Rusizi, SINDAYIHEBA Phanuel yatangaje ko mu karere ka Rusizi by'umwihariko ibice bya Bugarama n'umupaka waho, umutekano umeze neza nyuma y'uko humvikanye urusaku rw'imbunda ziremereye zavugiraga muri RDCongo.
Guverinoma y’u Rwanda hamwe n’Ikigo Mpuzamahanga gitanga serivisi z’ubunyamwuga mu mikorere inoze ya dipolomasi (IID) byasinye amasezerano agamije gutanga amahugurwa ku byerekeye dipolomasi no kongerera ubumenyi n’ubushobozi abakozi bakora mu nzego z’ububanyi n’amahanga
Pologne yifatanyije n'u Rwanda kwizihiza imyaka 60, ibihugu byombi bisangiye umubano ndetse inafungura ambasade yayo i Kigali.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yakiriye Umuyobozi Mukuru w'Ikigo Nyafurika Kigenzura Ubuziranenge bw’Imiti, AMA (African Medicines Agency), Dr. Delese Mimi Darko, uri mu Rwanda aho yiteguye gutangira ku mugaragaro inshingano ze zo kuyobora iki kigo gifite icyicaro gikuru i Kigali.