Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Tshisekedi ryatangaje ko ingabo za FARDC n’abandi barwanyi bafatanya nayo bateye ibisasu biremereye mu bice bituyemo abaturage benshi
Ikigo Nyarwanda gikora imiti, Labophar Ltd, cyasinyanye amasezerano n’Ikigo Philex gikora imiti n’ibikoresho byo kwa muganga muri Qatar
Hashize imyaka 25 hatangiye  politiki yo kwegereza ubuyobozi abaturage, ndetse hatewe intambwe mu nzego zitandukanye byatumye ubuyobozi burangwa na demokarasi
Ikibuga cy’umukino wa Golf cya 'Kigali Golf Club’ cyamaze kugezwa ku rwego mpuzamahanga nyuma y’ishoramari rya miliyoni 42 z’Amadolari ya Amerika zashowe mu kwagura no kunoza ibisabwa byose kugira ngo kibe igicumbi cy’imikino ya Golf mu Karere
Ikipe y’igihugu y'abagabo muri Basketball yari ihagarariye u Rwanda mu irushanwa rya Afrobasketball 2025 riri kubera muri Angola, kuva tariki ya 14, yasezerewe nyuma yo gutakaza imikino yose uko ari itatu, ibi bitari byitezwe n’abafana
Rutahizamu wa APR FC ukomoka muri Mauritania, Mamadou Sy yavuze ko intego ya mbere bafite uyu mwaka ari ugusezerera Pyramids FC muri Champions League
MINEDUC yatangaje ko amanota y’abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’ibisoza icyiciro rusange, mu mwaka w’amashuri wa 2024/2025, azatangazwa kuwa kabiri tariki ya 19 Kanama 2025
APR FC yihanangirije ikipe ya Power Dynamos yo muri Zambia iyitsinda ibitego 2-0, mu mukino wa gishuti wabaye wo kwizihiza ibirori by’Inkera y’Abahizi byahuje abayobozi, abakinnyi n’abafana b’iyi kipe
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Amb. Olivier Nduhungurehe, yagaragaje ko ibikorwa by’umutwe w’iterabwoba wa FDLR biteye inkenke ku mutekano w’igihugu cy’u Rwanda
Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yamaganye Kenya yashyizeho uhagararira inyungu zayo muri Goma kuri ubu hagenzurwa n’ihuriro rya AFC/M23 rutabaga rumwe n’ubutegetsi bw’iki gihugu