Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Umugaba w’Ingabo zirwanira ku butaka za Mozambique, Maj Gen André Rafael Mahunguane yashimye imbaraga zikomeje gushyirwa hamwe n’ingabo za Mozambique n’iz’u Rwanda mu kurwanya iterabwoba.
Ubushinjacyaha bw'u Rwanda bwumvikanye na Umukunzi Jeannine warezwe kwica umujyanama w'ubuzima witwa Drocella wari utuye ahazwi nko kuri mirongo ine (40) mu murenge wa Busasamana mu karere Nyanza
Itegeko rishya rigenga ikoreshwa ry’imihanda mu Rwanda ryemeje ko umuntu utwara ikinyabiziga yarengeje igipimo ntarengwa cya arukoro mu maraso aba akoze icyaha
Ubuhinzi ni inkingi ikomeye y’ubukungu bw’u Rwanda kuko butunze igice kinini cy’abaturage, iyo ikaba impamvu nyamukuru ituma Leta y'u Rwanda ishora akayabo mu guteza imbere uru rwego
Umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi yahishuye indirimbo ye ishobora gufasha umuntu mu gihe aheranywe n’agahinda cyangwa yumva ibibazo bimukomereye ikaba yamufasha kunyura muri ibyo bihe.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), cyatangaje ko ibicuruzwa u Rwanda rwohereje mu mahanga hagati y’itariki 2-6 Werurwe 2026, byinjije arenga miliyoni 10$ (arenga miliyari 14,6 Frw).
Abayobozi b’Ihuriro rya AFC/M23 batangaje ko ibitero leta ya Kinshasa ikomeje kubagabaho ari ibikorwa by’ubugizi bwa nabi bidakwiye gukomeza kwihanganirwa, by'umwihariko bikorwa mu gihe impande zihanganye zari zumvikanye ku kubahiriza agahenge
Mu Rwanda hateraniye inama y’iminsi itatu yo gusuzuma aho gahunda yo gukoresha mu buryo buhuriweho inganda za gisirikare igeze ishyirwa mu bikorwa.
Abashyira imbere ubutegetsi bavuga ko butuma umuntu agira uburenganzira bwo gushyiraho amategeko, kugena politiki n’imirongo ngenderwaho mu gihe ubutunzi ngo butanga imbaraga zihuse ariko zitaramba kuko amateka atakugira umunyabigwi.
Umutwe wa AFC/M23 watangaje ko Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC, zagabye ibitero bya by'ifashishijwe indege zitagira abapilote zizwi nka drone mu mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru, bihitana Umunyafaransa wakoreraga ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana, UNICEF