Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

U Rwanda rwakiriye imiryango 64 igizwe n'Abanyarwanda basaga 200 batashye ku bushake bava muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC
Umwongereza Stephen Constantine, watoje mu Rwanda mu 2014 kugera 2015 yatangajwe nk’umutoza mushya w’ikipe y’igihugu 'Amavubi' mu gihe cy'imyaka ibiri iri imbere
Polisi y'u Rwanda yakiriye Abapolisi bagize itsinda RWAFPU3-3, bavuye mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Centrafrique (MINUSCA), aho bari bamaze umwaka urenga baburimo. 
Perezida w'Urukiko rw'Ikirenga, Donatille Mukantaganzwa, yasabye abanditsi b'impapurompamo z'ubutaka kwirinda amanyanga bagakora baharanira gukemura ibibazo bigaragara muri serivise z’ubutaka aho kuba ba gitera.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Usta Kayitesi, yashimiye ndetse anagenera ibihembo umunyeshuri Atete Kagorora Arianah wahize abandi mu irushanwa ryo kwandika inyandiko ndende mu bihugu bya Afurika y'Uburasirazuba, 'EAC Essay Writing Competition
Banki Nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya basinyanye amasezerano y’ubufatanye (MoU) agamije gushyiraho uburyo bwo gusangira impushya (License Passporting Framework) ku batanga serivisi zo kwishyurana (Payment Service Providers PSPs).
Perezida Kagame Paul uri i Paris mu Bufaransa, yakurikiye umukino wa UEFA Champions League wahuje Paris Saint-Germain na Chelsea FC ku mugoroba wo ku wa gatatu tariki ya 11 Werurwe 2026.
Polisi y' u Rwanda ikorera mu Ntara y'Iburengerazuba yishe irashe umugabo ugenda imbere y'abakora ubucuruzi bwa magendu, nyuma yo kurwanya abashinzwe umutekano agakomeretsa umupolisi.
Umuhanzikazi Bwiza , uri muri Suède aho yakoreye igitaramo ku wa Gatandatu tariki ya 07 Werurwe 2026, yishimiye gusura Inzu Ndangamurage   y'aba Vikings iherereye i Stockholm muri Suède ahishura ko byari byiza cyane.
Ibiro bishinzwe abinjira n'abasohoka muri Zambia byafashe abantu 58 bakekwaho kuba ari abimukira bahaba mu buryo butemewe, barimo abanyarwanda batanu.