Nina Cynthia

Nina Cynthia

Dushime Nina Cynthia ni umunyamakuru w’Umunyarwandakazi ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru y'ibibera imbere mu gihugu. Kuri ubu ni 'Special Editor' ku rubuga rw’amakuru rwa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Umuhanzi Bruce Melodie uri mu bakomeye mu muziki Nyarwanda no mu Karere ka Afurika y'i Burasirasuba, yishimiye cyane guhura na mugenzi we wo muri Tanzania, Alikiba aho aba bombi bitegura gushyira hanze indirimbo bakoranye
Eid al-Fitr cyangwa se Irayidi ntoya ni umunsi mukuru ukomeye mu idini ya Islam aho ari munsi mukuru wo guhagarika kwiyiriza ndetse ukaba ugaragaza iherezo ry’ukwezi gutagatifu kwa Ramadhan, aho Abayisilamu baba bamaze iminsi 29 cyangwa 30 biyiriza amanywa yose
Urukiko rwisumbuye rwa Huye rwakatiye abagabo batatu bo mu kagari ka Gati mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza baregwa kwica abakekwaho 'Ubujura' buri wese yakatiwe gufungwa imyaka 25 
Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Soraya Hakuziyaremye, yatangaje ko kugeza ubu nta zamuka rigaragara ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli na gaz ku isoko ry’u Rwanda riraterwa n’intambara imaze ibyumweru bitatu mu Burasirazuba bwo Hagati
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Butaro ho mu karere ka Burera ,baravugako ubuyobozi bwabahagarikiye ibinyobwa bari basanzwe banywa birimo ikigage,ubushera n’urwagwa.Ibi ngo bikabagiraho ingaruka zo kubura ibindi banywa bityo bamwe bagahitamo kwambuka umupaka bakajya kunywa inzoga yitwa Kanyanga mu gihugu cya Uganda.
Ubuyobozi bw'Itorero ADEPR mu Rwanda bwatangaje ko abantu 35 bambuwe inshingano za gishumba n'iz'ububwirizabutumwa baherewe mu itorero rya Pentekote ry'u Rwanda - ADEPR , kuko bahamijwe icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC) watangaje ko umunsi mukuru usoza igisibo cy’ukwezi gutagatifu kwa Ramadhan, uzwi nka EIDIL FITRI, uzizihizwa ku wa Gatanu, tariki ya 20 Werurwe 2026
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Nsengiyumva, yakiriye itsinda riturutse mu Kigega cy’ishoramari cyo mu Bushinwa kizwi nka Silk Road Fund (SRF), riyobowe n’Umuyobozi Mukuru Zhu Jun, baganira ku mahirwe mashya y’ishoramari mu Rwanda, mu nzego zirimo ubuzima, ingufu, uburezi n’ubuhinzi
Umuvugizi w'urwego rw'igihugu rw'ubugenzacyaha, RIB, Dr Murangira B. Thierry, yasabye urubyiruko kwitondera ibyo rushyira ku mbunga nkoranyambaga, arwibutsa ko n'ubwo ari izabo atari bo bonyine bazireba.