Perezida wa Repulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w' ingabo z'u Rwanda, yagize Brig Gen Godfrey Gasana, Umupilote wihariye wa Perezida, imirimo azajya afatanya no kuba Umujyanama wa Minisitiri w’Ingabo mu bijyanye n’imikorere y’umutwe w’Ingabo zirwanira mu kirere.
Urwego rw’Ubugenzacyaha, rwafunze umusore wabaga muri Amerika ariko akaba yari ari mu biruho mu Rwanda, akekwaho kwica mugenzi we amugongesheje imodoka ku bushake.
Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (RDC) mu nyandiko ndende yashyize hanze isubiza ibyatangajwe n’umuryango Human Rights Watch, yongeye kwikoma u Rwanda irushinja guteza imidugararo no gufata bugwate abaturage.
Mu 2019, ubwo yari mu Ihuriro rya FPR /Inkotanyi, Umujyanama Mukuru mu by’Umutekano muri Perezidansi ya Repubulika, Gen Kabarebe James, yavuze ko bitari byoroshye kurwana intambara y’Abacengenzi nyuma ya jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994
Ubushakashatsi b’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, ku miterere y’umurimo mu Rwanda bwagaragaje ko igipimo cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda cyagabanutse ku kigero 14.1% mu gihembwe cya kane cya 2025, kivuye kuri 18.0% cyariho mu gihembwe nk’icyo cy’umwaka wa 2024
Imibare ya Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi igaragaza ko mu myaka irindwi ishize kuva mu 2017-2024, inka ziyongereye ku kigero cya 26%, naho umusaruro w'amata ugera kuri miliyari irenga
Subscribe to our mailing list to receives daily updates to your inbox!