Nina Cynthia

Nina Cynthia

Dushime Nina Cynthia ni umunyamakuru w’Umunyarwandakazi ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru y'ibibera imbere mu gihugu. Kuri ubu ni 'Special Editor' ku rubuga rw’amakuru rwa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Perezida Paul Kagame yakiriye itsinda ry’inzobere mu by’amategeko nshinga zo mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), hamwe n’abayobozi bo mu Bunyamabanga bw’uyu muryango bayobowe n'Umuyobozi Wungirije w’Umunyamabanga Mukuru, Andrea Ariik Aguer
Abanyeshuri 36 bo mu mashuri yisumbuye mu Rwanda bagiye guhagararira Igihugu mu marushanwa mpuzamahanga ya siyansi, arimo imibare (Mathematics), Ubwenge Buhangano (Artificial Intelligence), Ikoranabuhanga rya Mudasobwa (Informatics) n'Ubugenge (Physics)
Minisitiri wa Siporo, Mukazayire Nelly, yasuye Ikipe y'Igihugu y'Abagabo muri Basketball iri mu myiteguro ya nyuma y'imikino y'amajonjora y'Igikombe cy'Isi cya 2027
Perezida Paul Kagame yakiriye umuyobozi wa Mastercard Foundation, Zein Abdalla, ari kumwe n’uwahoze ari Perezida wa Liberia, Ellen Johnson Sirleaf, hamwe n’abandi bagize Inama y’Ubuyobozi n’abayobozi bakuru b’uyu muryango
Perezida Paul Kagame yakiriye abarimo Daniel Libeskind, Umunyabugeni mu guhanga inyubako akaba n’uwashinze Studio Libeskind n’itsinda ayoboye, ndetse na Holm Keller, Umuyobozi Mukuru w’Umuryango kENUP Foundation, utera inkunga ibikorwa by’ubushakashatsi n’udushya mu rwego rw’ubuzima
U Rwanda rugiye kwakira Inama Mpuzamahanga y’Isoko rya Karubone ya 2026 izibanda ku gushora imari mu bikorwa byo kurengera ikirere
Mu Rwanda hatangiye kubera inama ya kane y’Ihuriro Nyafurika ry’Inzego z’Ibihugu Zishinzwe Gukumira Iyicarubozo (ANPMN), igamije kurebera hamwe uburyo bwo kurushaho kurengera uburenganzira bw’abagore n’abana bafunze, ndetse no gusangira ubunararibonye hagati y’ibihugu ku buryo bwo gukora igenzura rigamije kureba niba ubu burenganzira bwabo bwubahirizwa
Ikigo cy’Imari n’Imigabane cy’u Rwanda, CMA, cyasinye amasezerano y’ubufatanye n’Ikigo cya Nijeriya Gishinzwe Inyandiko z’Agaciro n’Isoko ry’Imari, SEC Nigeria, agamije guteza imbere no guhuza amasoko y’imari y’ibihugu byombi
Sosiyeti igura ikanakodesha imodoka zikoresha amashanyarazi mu Rwanda ya BasiGo yamuritse bisi 18 nshya, zizajya zitwara abagenzi mu rugendo ruva mu Mujyi wa Kigali rwerekeza i Rusizi, umwe mu mihanda miremire kandi irimo imisozi myinshi mu gihugu