Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Urukiko Rusesa Imanza rwo mu Bufaransa rwateye utwatsi ubujurire bwa Philippe Hategekimana, uzwi kandi ku izina rya Biguma, rukomeza kumuhamya ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse n’ibyaha byibasiye inyokomuntu, rumugumishaho igihano cy’igifungo cya burundu yari yarakatiwe.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango uhuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth), Shirley Ayorkor Botchwey, ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi rugamije kurushaho gushimangira ubufatanye hagati y’u Rwanda n’uyu muryango mpuzamahanga.
Ku wa 13 Kamena 1994, umunyamakuru w’Umufaransa Daniel Mermet yanyujije kuri radiyo y’igihugu ya Bufaransa, France Inter, ibiganiro by’ibandaga ku marorerwa Interahamwe n’Ingabo z’igihugu FAR bakoreraga mu Rwanda. 
Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB), rwashyizeho amasaha y'agateganyo azagenga ibikorwa by'ubucuruzi mu rwego rwo korohereza Abanyarwanda n'abatembera u Rwanda mu gihe cy'imikino y'igikombe cy'isi.
Ku rundi ruhande, uwo munsi, interahamwe ziyobowe na Kigingi zateye Abatutsi bari barahungiye mu bapadiri Henri Blanchard na Otto Mayer kuri Paruwasi yitiriwe Mutagatifu Karoli Lwanga i Nyamirambo zica Abatutsi 170 biganjemo abana.
Sosiyete ya RwandAir yegukanye igihembo cy’umwaka wa 2026 cy’indashyikirwa mu gutanga serivisi zitangirwa mu ndege ku mugabane wa Afurika, mu bihembo bizwi nka ‘APEX Best Awards 2026.’
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwatangaje ko ruri gushaka abafatanyabikorwa  b’igihe kirekire bo gucunga ibishanga bitanu byo mu mujyi wa Kigali bigeze kure bitunganywa hashorwa imari mu bikorwa byo kubibyaza umusaruro.
U Bwongereza bwahaye u Rwanda ibihumbi 800$ asaga miliyari 1,5 Frw yo kwifashisha mu bikorwa byo kurwanya icyorezo cya Ebola gikomeje kwiyongera muri bimwe mu bihugu by’ibituranyi
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb Olivier Nduhingirehe, yashimiye uburyo umubano hagati y’u Rwanda na Zimbabwe ukomeje kuzamuka binyuze mu bufatanye mu nzego zitandukanye.
Inteko Ishinga Amategeko yemeje ko mu mwaka wa 2026/2027, u Rwanda ruzakoresha ingengo y’imari ya miliyari 7.796,3 Frw, ikaziyongeraho miliyari 844,2 Frw ugereranyije na miliyari 6.952,1 Frw ziri mu ngengo y’imari ivuguruye y’umwaka wa 2025/2026.