Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu

Niyigena Radjabu ni umunyamakuru w’Umunyarwanda ukora kinyamwuga ufite uburambe bw’imyaka itatu mu itangazamakuru, ryibanda ku gutara no gutangaza inkuru zicukumbuye ku buzima rusange n’izivuga ku Rwanda. Kuri ubu ni umunyamakuru wa Umunota.com, rumwe mu ziyoboye mu Rwanda mu bijyanye no gutangaza amakuru ku mbuga zikorera kuri murandasi.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika yashimye u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC) ku ntambwe zikomeje gutera mu ishyirwa mu bikorwa ry’Amasezerano ya Washington agamije kugarura amahoro n’umutekano mu Burasirazuba bwa Congo.
Ku mugoroba wo ku wa 13 Kanama 2026 i Kigali habereye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 22 ubwicanyi bwakorewe Abanyamulenge mu Gatumba mu gihugu cy’u Burundi amahanga yongera kwibutswa kudakomeza kurebera ubwicanyi bugikomeje muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Minisitiri w’Ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana yavuze ko iyo igihugu kidahuguruka ngo kirwanye inzoga zitujuje ubuziranenge cyivuye inyuma zari gushyira igihugu mu kangaratete ku buryo icyizere cyo kubaha ku Banyarwanda cyari kuva ku myaka 70 kiriho ubu kikagera kuri 50.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko igihe cyo gukangurira abaturage kwirinda inzoga zitujuje ubuziranenge no kuzishyikiriza inzego bireba cyarangiye, bityo umuntu uzifatirwa ubu ashobora gufatwa nk’uwakoze icyaha agahanwa hakurikijwe amategeko.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB) cyatangaje ko mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2025/2026 ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byoherejwe mu mahanga byinjije asaga miliyari 1.1$
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yavuze ko ibihugu bya Afurika bigomba gukomeza guhuza imbaraga no kubaka ubushobozi bwabyo mu ikoranabuhanga rya sisitemu zigenga, kuko rikomeje kugira uruhare rukomeye mu mutekano n’ubwirinzi bw’umugabane.
Imibare ya Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi igaragaza ko mu Rwanda buri mwaka abantu barenga 500 barumwa n’imbwa, ibituma abantu bari hagati ya babiri na batatu bapfa buri mwaka bazize indwara y’ibisazi byazo.
Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yatangaje ko abayobozi ba politiki n’abagisirikare b’umutwe wa FDLR bemeye gahunda yo kwamburwa intwaro, gusenywa no gusubiza abarwanyi mu buzima busanzwe, mu gihe yatangiye ibiganiro n’igihugu kizoherezwamo abatazemera koherezwa mu Rwanda.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare (NISR), cyatangaje ko ibiciro ku masoko muri Nyakanga 2026 byiyongereyeho 14.5% ugereranyije n’uko byari bihagaze muri Nyakanga 2025. Muri Kamena 2026 byari byiyongereyeho 13.6%.
Urwego rw’u Rwanda rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko igice cy’uruganda rwa Sina Gerard gikora ibinyobwa bisembuye cyafunzwe, nyuma y’uko hamenyekanye ko hari ibinyobwa byakorwaga bitujuje ubuziranenge busabwa.