Amakuru

Ubuyobozi bw'akarere ka Nyanza bwemereye UMUNOTA ko abaganga bakekwaho guha serivisi mbi umuturage agapfa batawe muri yombi bakaba bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Busasamana mu karere ka Nyanza uko ari babiri.
Ubwo hatangizwaga ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yongeye gushimangira ko amateka y’u Rwanda ari ukuri kudashobora guhindurwa cyangwa kugorekwa.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Jean Damascène Bizimana, agaragaza ko ibimenyetso byirengagijwe mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi bisa n’ibiri kwirengagizwa ku kibazo cy’impunzi z’Abatutsi b’Abanye-Congo zimaze imyaka 33 mu buhungiro.
Abanyarwanda n'inshuti z'u Rwanda bahuriye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruherereye ku Gisozi mu muhango wo gutangiza icyumweru cy’icyunamo n’iminsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
Muri iki cyumweru cyo kunamira inzirakarengane z’Abatutsi zishwe mu 1994, Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, MINUBUMWE, yagaragaje ibikorwa biteganyijwe mu Cyumweru cy’icyunamo, itangaza ko ibikorwa byose n’indi mirimo byemerewe gukomeza nyuma y’igikorwa cyo Kwibuka.
Byabereye mu karere Nyanza mu murenge wa Busoro mu kagari ka Munyinya mu mudugudu Karambi,aho mu mpera z'icyumweru gishize abaturage batanze amakuru ko basanze uwitwa NAMBAJIMANA Alexis w'imyaka 62 yiciwe mu nzu iwe aboshye amaboko babona amaraso mu ruganiriro (salon) ku musambi yararagaho, umurambo we ugaramye mu kindi cyumba bamukingiranyemo.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burezi, Siyansi n’Umuco, UNESCO, ryijeje uruhare rwaryo mu guteza imbere uburezi ku byerekeye Jenoside bizafasha mu guhangana n'ivangura iryo ari ryo ryose.
Umunyamabanga Mukuru wa Loni, António Guterres yatangaje Isi yose ikwiye kwigira ku makosa yabaye ubwo mu Rwanda habaga Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 amahanga yose arebera avuga ko Isi yose ikwiye gukuramo amasomo.
Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe AU, watangaje ko uzifatanya n’Abanyarwanda n’Isi yose mu bihe byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB,Dr Murangir B Thierry, yavuze ko mu mwaka ushize wa 2025, uru rwego rwakiriye ibirego bisaga 480 bifitanye isano n’ingengabitekerezo ya Jenoside.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka