Imibereho

Ku bufatanye bwa Ambassade y’u Rwanda muri Zambia n’ishyirahamwe ry’Abanyarwanda baba muri Malawi bizihije umunwi w’Umuganura aho bahuriye hamwe bagasangira ndetse bakibikiranya igisobanuro cy’uyu muhango mu mateka y’u Rwanda.
Minisitiri w'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu, Dr. Jean Damascéne Bizimana,  yasabye Abanyarwanda kuzirikana indangagaciro z'umuco Nyarwanda Umuganura ubibutsa, zirimo gukunda Igihugu, ubupfura, umurava, kwiyubaha, n'izindi bakirinda kirazira nko kwiyandarika n’izindi.
Icuruzwa ry’abantu ni kimwe mu bibazo bihangayikishije Isi. Imibare y’Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye rishinzwe Kurwanya Ibiyobyabwenge n'Ibyaha UNODC, igaragaza ko ku mwaka abarenga miliyoni 27.6 bacuruzwa cyangwa bakajyanwa gukoreshwa imirimo y’agahato aho ibi bikorwa byinjiriza ababikora asaga miliyari 236$.
Mu mwaka w’ingeno y’imari watangiye wa 2026/2027 abantu bafite ubumuga bateganyirijwe miliyari 2.7 Frw azatangwa mu turere twose tw’igihugu ku bantu barenga ibihumbi 28.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko kurengera ubuzima bw’abaturage ari ihame ridakuka, ishimangira ko nta na rimwe ishobora kwemera ibikorwa bishyira ubuzima bw’Abanyarwanda mu kaga, kabone n’iyo byaba bifitanye isano n’ubukungu cyangwa akazi.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, yaburiye abantu bagize kunywa inzoga umuco cyane cyane izitujuje ubuziranenge avuga ko uretse no kugira ingaruka ku buzima bwabo zinatuma umuntu atagira ikintu ageraho cyane cyane urubyiruko.
Senateri Evode Uwizeyimana yatangaje ko bitumvikana uburyo mu Rwanda hari igihe kimwe amazi aba menshi ndetse akanasenyera abaturage hanyuma hakaba n’igihe abura ku buryo hari abamara amezi abiri nta mazi bafite hanyuma igisobanuro kibaka ko ari mu bihe by’impeshyi kandi ababishinzwe bari babizi ko ibyo bihe bizagera.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Kugenzura Imiti n’Ibiribwa Rwanda FDA yatangaje ko yafunze izindi 101 zenga inzoga mu Rwanda.
Ku wa Gatanu tariki ya 7 Kanama 2026, Abanyarwanda bazizihiza Umunsi Mukuru w’Umuganura, wizihizwa buri mwaka mu rwego rwo gusangira umusaruro, kwishimira ibyagezweho mu iyerambere no kubaka ubumwe.
Umuyobozi Mukuru ushinzwe kurwanya Ibyaha by’Iterabwoba n’iby’Ikoranabuhanga mu Rwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, Peter Karake, yavuze ko mu iperereza ryakozwe ku nganda zikora inzoga zitujuje ubuziranenge hafunzwe izigera kuri 90 ndetse abantu 50 bagatabwa muri yombi.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka