Imibereho

Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare mu Rwanda (NISR) cyatangaje ko ubushomeri bwageze kuri 13,2% muri Gicurasi 2026, imibare itarahindutse ugereranyije n'igihe nk'icyo mu 2025.
Minisiteri y’Ibikorwaremezo yatangaje ko imirimo yo kwagura no kongerera ubushobozi uruganda rutunganya amazi rwa Mutobo iri kugana ku musozo, aho igeze kuri 97%.
Ikigo Mpuzamahanga cy’Imari  ‘Institute of International Finance’ IIF, cyashyize u Rwanda mu bihugu bya mbere muri Afurika bitanga amakuru yizewe ku bashoramari n’ajyanye n’imyenda igihugu gifite.
Ni kenshi uzumva abantu bamwe bavuga ngo “Jyewe sinshobora kuva mu rugo mu gitondo ntafashe ifunguro”. Hari n’abahamya ko iryo funguro rya mu gitondo ngo ari ryo rifite akamaro kurusha ayandi umuntu afata ku munsi. Wenda nawe ushobora kuba ariko ubyemera cyangwa ukaba ubyibaza.
Komisiyo ya Sena y'Ubukungu n'Imari yatangiye igikorwa cyo kugenzura ibikorwa bya Guverinoma mu kugeza amashanyarazi ku baturage, hagamijwe gusuzuma aho ishyirwa mu bikorwa rya gahunda yo kwegereza amashanyarazi abaturage igeze.
Komisiyo y’Imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagore n’Abagabo mu Mutwe w’Abadepite iri mu ngendo mu gihugu hagamijwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa rya Politiki y’Igihugu yo Kwegereza Ubuyobozi n’Ubushobozi Abaturage yo mu 2021.
Ikigega cy’ubugiraneza cyashinzwe binyuze mu bufatanye bw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) n’umuryango mpuzamahanga witwa Global Citizen cyatanze inkunga ku bana bafite ikibazo cya Autism mu Rwanda kugira ngo babashe kwiga.
Ubushakashatsi bwakozwe na Brigham Young University yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, buyobowe na Prof. Julianne Holt-Lunstad, bwasesenguye ubushakashatsi burenga 140 bwakorewe ku bantu barenga miliyoni eshatu, Bwerekanye ko kubaho mu bwigunge cyangwa kutagira imikoranire n'abandi byongera ibyago byo gupfa imburagihe ku kigero kiri hagati ya 26% na 32%.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa yashimangiye ko intambwe u Rwanda rumaze gutera zishingiye ku cyerekezo 2050, no ku kuba igihugu ubwacyo gifata iya mbere mu gutegura no gushyira mu bikorwa gahunda z'iterambere.
Ubushakashatsi bw’Ikigo gishinzwe gukusanya amakuru ku myenda kizwi nka TransUnion Rwanda bwakozwe mu gihembwe cya mbere cya 2026, bwagaragaje ko 76% by'Abanyarwanda bateganya ko amafaranga binjiza azazamuka mu mezi 12 ari imbere, mu gihe 16% bateganya ko azaguma ku rwego ariho ubu.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka