Umuryango w'abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 mu yahoze ari Komini Ntongwe (AGSF) urashimira ubuyobozi bw'igihugu cy'u Rwanda bwabubakiye inzu y'amateka ya Jenoside yakorewe abatutsi by'umwihariko ikubakishwa amabuye, kuko ariya mabuye nayo afite amateka yifashishijwe n'abatutsi birwanaho n'ubwo nyuma baje kurushwa imbaraga bakicwa.