Amakuru

Mu gihe Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Umunyarwanda Norbert Mbabazi w’imyaka 46 yahisemo kwibuka akora urugendo rurerure n'amaguru ari mu guha agaciro abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi yibuka urugendo nabo bakoreshejwe.
Urwego rw'Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi Semuhungu Eric ariko ntihatangazwa impamvu yitabwa muri yombi
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Jean Damascène Bizimana, yashimangiye ko abarokoye Abatutsi ari ishema rikomeye u Rwanda rufite, anasaba ko bakomeza kubera Abanyarwanda bose icyitegererezo
Mu rwego rwo gukomeza guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi hifashishijwe ikoranabuhanga, Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yashyize umukono ku masezerano y’umushinga uzamara umwaka umwe ugamije gukoresha ubwenge buhangano (AI) mu gutahura indwara z’amatungo mu ibagiro
Tariki ya 11 Mata 1994 ni umunsi utazibagirana ku Batutsi bari bahungiye mu ishuri rya ETO Kicukiro bizeye ubutabazi ariko batereranwa n’ingabo z’Ababiligi zari mu butumwa bw’amahoro bwa Loni (MINUAR) maze abarenga 2000 baricwa.
Urwego rwunganira akarere mu by'umutekano ruzwi nka DASSO mu karere ka Nyanza, rwagaragaje igikorwa cy’urukundo, rworoza inka umuturage warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.Ni inka yaguzwe mu bushobozi bwegeranyijwe n'abakozi b'uru rwego bivuye mu kwitanga n'umutima wo gufasha
Mu ruzinduko arimo kuri uyu wa Gatanu,minisitiri w’uburezi Dr.Joseph Nsengimana, yageze i Accra aho yakiriwe na Perezida wa Ghana, John Dramani Mahama.
Ku cyicaro cy’Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA) ku Kacyiru, habereye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 abanyamakuru n’abakozi b’icyahoze ari ORINFOR ndetse n’abandi bo mu bitangazamakuru bitandukanye bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umunyamakuru Daniel Michombero wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wigize umuzindaro w’ubutegetsi bwa perezida Felix Thisekedi yabaye iciro ry’imigani ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo kwita umuhanzi Yampano umuyobozi wo mu ihuriro rya AFC/M23.
Minisiteri y’Uburezi, ibinyujije mu kigo gishinzwe ibizamini n’ubugenzuzi bw’amashuri (NESA), yatangaje gahunda y’uko abanyeshuri biga bacumbikirwa bazatangira gusubira ku mashuri mu gutangira igihembwe cya gatatu cy’umwaka w’amashuri wa 2025/2026.