Amakuru

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane, Dr Usta Kaitesi , kuwa 19 Mutarama 2026, yakiriye Ambasaderi wa Misiri mu Rwanda, Hanan AbdelAziz Elsaid Shahin.
Urwego ry'Igihugu rw'Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi umwarimu muri Kaminuza, ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b'abakobwa abashukisha amafaranga.
Mu gitondo cyo ku Cyumweru, tariki ya 18 Mutarama 2026, AFC/M23 ikimara kuva mu mujyi wa Uvira, abarwanyi b’imitwe ya Wazalendo nibo babanje kuwinjiramo, nyuma yaho kandi  ku mugoroba wo kuri uwo munsi hakurikiyeho kwinjira kw’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC).
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yashimiye Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, ku ntsinzi yegukanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu aherutse kubera muri icyo gihugu
Ubuyobozi bw'Akarere ka Kayonza, bwatangaje ko aka karere kafashe ingamba zo kurandura mu buryo burambye ikibazo cy'inzara muri imwe mu Mirenge igize aka karere cyagaragayemo.
APR FC yanganyije na Al Merreik 0-0 mu mukino w'umunsi wa 15 wa Shampiyona y'u Rwanda wabereye muri Stade Amahoro.
Minisitiri w'Urubyiruko n'iterambere ry'Ubuhanzi, Dr Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yatangaje ko urubyiruko rugaragaza ko rufite ubushobozi bucye, rudakwiye guhutazwa cyangwa ngo ruterwe imijugujugu ku mbuga nkoranyambaga.
Mu Karere ka Musanze, kuva ku wa Gatanu tariki ya 16 Mutarama 2026, abaturage bagera ku 1000, bazindukiye mu Murenge wa Gataraga , kureba ibyo bita "Amabonekera" ya bikiramariya na Yezu.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka