Amakuru

Minisitiri w'Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin, yagaragaje ko muri gahunda ya kabiri yo kwihutisha iterambere, NST2, igaragaza ko kuva yatangira, ubukungu bw'u Rwanda bwazamutse aho kuri ubu bugeze 8.9% buvuye kuri 8.2% mu 2023.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yagarutse ku ntambara imaze imyaka myinshi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga u Rwanda atari rwo nyirayabazana w’ibibazo bihari, ndetse n'intambara iriyo itatangijwe n'u Rwanda, naba nyirubwite babizi
Ikigo Gishinzwe Iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi mu Rwanda (RAB) cyatangaje ko kiri gukora ubushakashatsi ku mbuto nshya cumi n’ebyiri z’ibigori zongerewe ubudahangarwa bwo kwirinda indwara ya nkongwa no guhangana n’ihindagurika ry’ibihe ndetse zitezweho kugabanya igihombo kigaragara mu buhinzi bw’ibigori ku kigero cya 75%.
Imyaka 20 irashize , Abanyarwanda b'imbere mu gihugu n'abo hanze, basasa inzobe bakarebera hamwe icyateza imbere igihugu n'umunyarwanda.
Urukiko rw'Ibanze rwa Nyarugenge rwemeje ko Dr. Manirakiza Benjamin usanzwe ari umwarimu muri Kaminuza, na UMUHOZA Hamida , INEZA Fidella , Mucyo Vanessa , bafungwa by'agateganyo bakurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa n'icyo gushakira inyungu mu mibonano mpuzabitsina.
Umuyobozi Mukuru wungirije w'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Uburezi bw'Ibanze,Dr Flora Mutezigaju, yavuze ko bagiye gukurikirana ikibazo cy'umwana wiga ku ishuri rya Inyange Girls School of Sciences wo mu karere ka Rulindo yirukanywe, azira ko yamenye amazi ku bikoresho by'ikigo.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubukerarugendo bushingiye ku Nama (RCB), cyemeje ko u Rwanda rwahawe kwakira inama rusange y’Ihuriro ry’Amashyirahamwe y’ibigo Mpuzamahanga bishinzwe gutegura inama

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka