Amakuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 30 Mutarama 2026, yagiranye ibiganiro byihariye na Perezida w'Inama y'Abaminisitiri ya Togo akaba n’Umuhuza wungirije w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) mu kibazo cy'umutekano mu burasirazuba bwa DRC.
Guverinoma y’u Rwanda, ku bufatanye n'iya Singapore, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 30 Mutarama 2026, batangiye kwakira ubusabe bw'abantu bafite imishinga y’indashyikirwa ijyanye no gushyira mu bikorwa amasezerano ibihugu byombi bifitanye, hibandwa ingingo ya gatandatu ku masezerano ya Paris ajyanye no kubungabunga ikirere .
Abagore bo mu karere ka Burera , mu Murenge wa Nemba mu kagari ka Kivumu,Umudugudu wa Songorero,, bavuga ko bahangayikishijwe n'amande bacibwa angana na ibihumbi 10 Frw, by'uko umubyeyi yabyariye mu nzira.
Urwego Rushinzwe Igorora (RCS) rwatangaje ko byinshi mu bibazo byagaragajwe muri raporo ya Komisiyo y'Igihugu y'Uburenganzira bwa Muntu ya 2024-2025, byiganjemo ibijyanye n'abagororwa byafatiwe ingamba ku buryo byinshi byamaze gukemuka
Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga w'u Rwanda, Amb Olivier Nduhungirehe, ku wa 29 Mutarama 2026, yakiriye Umushinjacyaha Mukuru w’Urwego Rwasigariyeho inkiko Mpuzamahanga zirimo ICTR (IRMCT), Serge Brammertz  uri muruzinduko rw'akazi mu Rwanda.
Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, akaba n'umuhuza mu kibazo cya RDCongo, Faure Essozimna Gnassingbé yageze mu Rwanda mu ijoro ryo ku wa 29 Mutarama 2026.
Perezida Paul Kagame yagize Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru Wungirije mu by’Umutekano muri Perezidansi ya Repubulika, naho James Wizeye aba Umunyamabanga Mukuru Wungirije w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza n’Umutekano (NISS), umwanya asimbuyemo Brig Gen Nyirabutama.
U Rwanda ruri kumurika ikawa ' Rwanda Coffee Festival 2026 " muri Pakistan hagamijwe kumenyekanisha ubwiza bwa Kawa no kwagura diporomasi ishingiye ku bukungu.