Amakuru

Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga w'u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yanenze ikiganiro avuga kigamije gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi cyakozwe na Agatha Kanziga Habyarimana , umugore wa Juvénal Habyarimana.
Rwamukwaya Valens wakoze akazi ko gufata amashusho imyaka 38, akagasoreza muri RBA agiye mu kiruhuko cy'izabukuru, yitabye Imana ku myaka 70
Abanyeshuri ba Ntare Louisenlund riherereye i Nyamata mu karere ka Bugesera, basabwe kurangwa n'ingagaciro zaranze intwari zitangiye Igihugu.
Ubwo mu 2019, Rwakazina Marie Chantal wari Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali,yahabwaga inshingano zo kuba Ambasaderi w'u Rwanda mu Busuwisi, agasigira inshingano Busabizwa Parfait wari Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe iterambere ry’Ubukungu kuyobora Kigali, yamusigiye umukoro wo kunoza ibijyanye n'ubwikorezi bwari bwarabaye ikibazo gikomeye ku ba Nyamujyi
Inteko y'Umuco, yatangaje ko Bizimana Simon wari umushakashatsi mu Kinyarwanda cyane cyane mu kibonezamvugo no mu nkoranyamagambo, yitabye Imana ku myaka 88 azize uburwayi
Itsinda ry’Abasirikare b’u Rwanda (RDF) bari mu Mujyi wa Montego Bay, mu Karere ka St James.muri Jamaica, aho bari gufasha abaturage kubasanira inzu zasenywe n'ibiza by'umuyaga, ryashimiwe uwo musanzu ntagereranywa .
Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Perezida Paul Kagame, yagaragaje ko adasobanukirwa neza impamvu ituma umubare w’abashakanye batandukana ukomeza kwiyongera mu rubyiruko
Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bunamiye Intwari z'u Rwanda, banashyira indabo ku kimenyetso cy’ubutwari kiri ku Gicumbi cy'Intwari i Remera mu Mujyi wa Kigali.
Tariki 1 Gashyantare buri mwaka, u Rwanda rwizihiza Umunsi Mukuru w’Intwari z’Igihugu, aho Abanyarwanda bari mu gihugu no muhanga bahurira ahantu hatandukanye bazirikana ibikorwa byiza byaranze Intwari z’u Rwanda n’amasomo bavomamo mu rugamba rwo guteza imbere Igihugu.
Minisitiri w'Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin, yifatanyije n'abaturage bo mu karere ka Kayonza mu muganda Rusange usoza ukwezi kwa Mutarama 2026, abashimira ubutwari bagize bwo kwisanira umuhanda uhuza Umurenge wa Gahini na Mwiri yo muri aka karere.