Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald J. Trump, mu kiganiro yagiranye na Fox News, yashimangiye ko yashoboye gushyira iherezo ku ntambara zitandukanye zo hirya no hino ku isi, zirimo n’iyo avuga ko yari imaze hafi imyaka 30 hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo (RDC).