Amakuru

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), cyatangaje cyatangiye kubaka inyubako zigezweho zizajya zumishirizwamo umusaruro w’ibitunguru n’urusenda, mu rwego rwo kugabanya iyangirika ry’umusaruro wabyo mu gihe na nyuma biri gusarurwa.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 18 Gashyantare 2026, Abakirisitu Gatolika hirya no hino ku Isi bizihije Uwa Gatatu w’Ivu, umunsi utangiza ku mugaragaro igisibo cya Kiliziya Gatolika kimara iminsi 40
U Rwanda rwasinye amasezerano y’imikoranire y’imyaka itatu n’ikigo cy’ikoranabuhanga mu Bwenge Buhangano cya Anthropic PBC, hagamijwe guteza imbere ikoreshwa rya AI mu nzego zirimo uburezi, ubuzima n’imiyoborere ya Leta
Umuyobozi w'Ingabo za Loni ziri mu butumwa bw'amahoro mu Karere ka Juba, muri Sudani y'Epfo, Brig.Gen. Mohammad Iqbal Hossain, yashimiye abasirikare b’u Rwanda ubunyamwuga, imyitwarire myiza n’ubwitange bibaranga
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje imyanzuro 12 yafatiwe mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaye ku nshuro ya 20, igabanyije mu ngeri eshatu zirimo ubukungu, imibereho myiza n’imiyoborere
U Rwanda n'igihugu cya Misiri byashyize umukono ku masezerano y’imikoranire agamije gushyiraho uburyo buhamye bwo guhanahana amakuru n’ubunararibonye hagati ya Polisi z’ibihugu byombi
Umuhanzi ukomoka muri Kenya, Bien-Aimé Baraza, yagaragaje ko ashima ubuyobozi bwa Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, avuga ko ari umwe mu bayobozi b’Afurika bashyira imbere icyerekezo cy’iterambere gishingiye ku kwigira
Urwego rw'igihugu rw'ubugenzacyaha,RIB, rwatangaje ko kuva mu 2019 kugera mu 2025, Abanyarwanda bagera kuri 297 bacurujwe hirya no hino ku Isi, abagera ku 197 bakaba ari bo bagaruwe bakuwe mu bihugu 14.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwibukije abawutuye gufata ingamba zikenewe zo kwirinda no guhangana n’ibiza bishobora guterwa n’imvura nyinshi iteganyijwe mu gihe cy’itumba, hagati ya Werurwe na Gicurasi 2026
Imirwano ikomeye yabereye mu gace ka Point Zero, muri Teritware ya Fizi, mu Ntara ya Kivu y'Amajyepfo yasize umutwe wa Twirwaneho ukorana n'ihuriro rya AFC/M23, uhanuye utudege duto 'drones' eshatu z'igisirikare cya Leta ya Congo, FARDC