Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva yatangaje ko mu rwego rwo kwirinda ko ibikomoka kuri peteroli bibura ku isoko, Guverinoma y’u Rwanda yakomeje gushora imari mu kongera ubushobozi bwo kubibika, aho kugeza ubu hari ubushobozi bwo kubika toni zigera kuri miliyoni 118.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin, yatangaje ko amakimbirane mpuzamahanga arimo intambara yo mu Burasirazuba bwo Hagati n’iyo muri Ukraine byagize ingaruka ku buhinzi aho byatumye igiciro cy’ifumbire ku isoko mpuzamahanga kizamuka ku gipimo kiri hagati ya 15% na 66% mu mezi ane gusa.
Abadepite bagize Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage bagaragaje ko mu turere tumwe na tumwe hari ikibazo cy’izamuka ry’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge n’ubusinzi cyane cyane mu rubyiruko.