Inkuru Nshya

Abadepite bagize Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage bagaragaje ko mu turere tumwe na tumwe hari ikibazo cy’izamuka ry’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge n’ubusinzi cyane cyane mu rubyiruko.
Ubushakashatsi ku Buzima n’Imibereho y’Abaturage mu Rwanda (RDHS) bwa 2025 bugaragaza ko umubare munini w’Abanyarwanda bafite imyaka itanu kuzamura bafite ubushobozi busesuye bwo gukora ibikorwa byabo bya buri munsi, nubwo hari igice gifite ibibazo by’imikorere mu nzego zitandukanye.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko mu mezi atandatu ashize kugeza muri Kamena 2026, abantu 44 bamaze kwicwa n’inzoga zitujuje ubuziranenge.
Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Perezida wa Estonie, Alar Karis, byibanze ku bufatanye hagati y’ibihugu cyane cyane mu bijyanye n’ikoranabuhanga.
Perezida Paul Kagame yafunguye kumugaragaro Komisiyo Mpuzamahanga ya AI for Good Global Commission anayobora Inama ya mbere y'iyi Komisiyo.
Perezida Kagame yagaragaje ko Ikoranabuhanga ry'ubwenge buhangano (AI) rifite ubushobozi bwo guhindura imibereho y'abantu no guteza imbere ubukungu ariko ko bisaa ko ryubakw aneza ku mugabane wa Afurika n’ahandi hose ku isi.
Ubushakashatsi ku Buzima n’Imibereho y’Abaturage mu Rwanda (RDHS) bwa 2025 bugaragaza ko mu rubyiruko rutarashyingirwa rufite imyaka iri hagati ya 15 na 24, abagera kuri 73% by’abakobwa bavuze ko batarakora imibonano mpuzabitsina na rimwe.
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije umunya-Cameroon Dande Junior ukina mu izamu w'imyaka 28 wakiniraga ikipe ya Canon Sportif de Yaounde y'iwabo.
Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyatangaje ko mu mwaka w’Ingengo y’Imari wa 2025/2026 hakusanyijwe imisoro irenga miliyari 3.956,4 Frw arenze intego cyari cyihaye ho 4,2%.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 8 Nyakanga 2026, ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryashyize hanze ibiciro byo kwandikisha abakinnyi mu mwaka ugiye kuza wa 2026/27 ku makipe azakina Shampiyona y'icyiciro cya mbere mu Rwanda, BK Pro League.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka