Inkuru Nshya

Minisitiri wa Siporo, Mukazayire Nelly, yasuye Ikipe y'Igihugu y'Abagabo muri Basketball iri mu myiteguro ya nyuma y'imikino y'amajonjora y'Igikombe cy'Isi cya 2027
Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yatangaje ko mu Rwanda buri mwaka abangavu barenga ibihumbi 23 baterwa inda mu gihe ku munsi ari abagera kuri 60, agaragaza ko ari ikibazo gikomeye ku buzima bw’abana baterwa inda no ku bana bavuka muri ubwo buryo.
Umuyobozi Mukuru wa Imbuto Foundation, Shami Elodie yavuze ko iyo umwana w’umukobwa utageza imyaka y’ubukure atewe inda aba atari ikibazo kuri uwo mwana watwise n’uwo azabyara gusa ahubwo ko aba ari no guhekura igihugu muri rusange.
Abohereza kawa mu mahanga, bayobowe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), batangiye kumurika ikawa y’u Rwanda mu imurikagurisha mpuzamahanga rizwi nka World of Coffee Brussels 2026, riri kubera i Buruseli mu Bubiligi. 
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi (NAEB), cyatangaje ko kuva tariki 15 kugeza kuri 19 Kamena 2026, ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byoherejwe mu mahanga byinjirije u Rwanda asaga miliyari 17 Frw.
Polisi ya Canada yatangaje ko yataye muri yombi umugabo w'Umunyarwanda w'imyaka 68, wari umaze hafi imyaka 30 aba muri icyo gihugu akoresha imyirondoro bivugwa ko atari iye, mu gihe yashakishwaga n'u Rwanda aho akekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Kamena 2026 nibwo ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko umunsi ngarukamwaka isanzwe itegura uzwi nk'umunsi w'Igikundiro cyangwa Rayon Day uzaba tariki 18 Nyakanga 2026 muri Sitade Amahoro.
Kuri uyu wa Kane,Brig Gen Franco Rutagengwa, umuyobozi w' ingabo z'ibihugu bitandukanye zikorera mu mugi wa Bangui ndetse akaba ari nawe ukuriye ingabo z’u Rwanda muri Repubulika ya Santarafurika,yasuye ingabo z’u Rwanda zigize Battle Group VIII hamwe n’Ibitaro by’u Rwanda byo ku rwego rwa 2+, bakorera mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye muri Repubulika ya Santarafurika bakorera mu majyaruguru y’Iburasirazuba, mu gice cya Bria.
Perezida Paul Kagame yakiriye abarimo Daniel Libeskind, Umunyabugeni mu guhanga inyubako akaba n’uwashinze Studio Libeskind n’itsinda ayoboye, ndetse na Holm Keller, Umuyobozi Mukuru w’Umuryango kENUP Foundation, utera inkunga ibikorwa by’ubushakashatsi n’udushya mu rwego rw’ubuzima