Inkuru Nshya

Musenyeri Laurent Mbanda uyobora Itorero ry’Abangilikani mu Rwanda, yongeye gutorerwa kuyobora umuryango mpuzamahanga uharanira gukurikiza inyigisho za Bibiliya mu Itorero Angilikani (GAFCON) ubarizwamo n’iryo mu Rwanda  .
Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yakiriye perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umukino wa Volleyball muri Afurika, CAVB, Bouchra Hajij, waje mu Rwanda mu gikorwa cyo gusinya amasezerano yemerera igihugu kwakira Irushanwa rya CAVB Men’s Club Championship
Perezida wa Komisiyo y’Imibereho y’Abaturage n’Uburenganzira bwa Muntu mu Nteko Ishingamategeko umutwe wa Sena , Senateri Umuhire Adrie, yagaragaje ko hari abajyanwa mu bigo bifungirwamo by’igihe gito ‘Transit Centers’  ariko ugasanga barenza igihe cyajyenwe n'amategeko.
Ambasade y’u Rwanda muri Qatar yatangaje ko serivisi yari isanzwe itanga zimuriwe mu buryo bw’ikoranabuhanga (online) kubera ibibazo by’umutekano muke bimaze iminsi mu Burasirazuba bwo hagati.
Abagize Inteko Ishinga amategeko y’u Rwanda umutwe wa Sena, bagaragaje ko gahunda yo  gukoresha ikorababuhanga mu gucunga no gukurikirana abakurikiranyweho ibyaha yihutishwa mu rwego rwo kugabanya ubucucike bukigaragara hirya no hino mu magororero
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w'Ibihugu bikoresha ururimi rw'Igifaransa, Louise Mushikiwabo, yagaragaje impungenge zikomeye ku buzima bw’abaturage kubera intambara ikomeje kubera mu Burasirazuba bwo Hagati
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatatu tariki ya 4 Werurwe 2026, yemeje umushinga w’itegeko rigenga Umutungo Koranabuhanga (Virtual Assets) mu Rwanda, rigamije gushyiraho imikorere inoze igenga uru rwego rushya
Uwase Muyango Claudine, ukunzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga ndetse wamenyekanye cyane mu kazi ko kuyobora ibirori 'guhostinga' yasubije umunyamakuru KNC wavuze ko aka kazi bakora ari uburaya
Abasenateri bagaragaje ko bahaganyikishijwe n'ubwiyongere bw'ibirego by'abaturage bangirizwa n'inyamaswa ziva muri Pariki zibakikije, aho byiyongereye hafi 30% muri 2024-2025