Inkuru Nshya

Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe AU, watangaje ko uzifatanya n’Abanyarwanda n’Isi yose mu bihe byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Ikipe ya Marines FC yabonye inota rimwe ry'ingenzi nyuma yo kugwa miswi na Al Hilal SC mu mukino w'umunsi wa 26 wa Rwanda Premier League.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB,Dr Murangir B Thierry, yavuze ko mu mwaka ushize wa 2025, uru rwego rwakiriye ibirego bisaga 480 bifitanye isano n’ingengabitekerezo ya Jenoside.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB,Dr Murangir B Thierry, yavuze ko iyo abantu basobanukiwe impamvu Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ari ibya buri wese, bituma birinda ibyaha.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascène, yavuze ko ibihe byo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ari igihe cyo kunga ubumwe nk’Abanyarwanda bagafatanya kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside.
Abakinnyi b'ikipe ya RSSB Tigers yari ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL yaberaga i Pretoria muri Afurika y'Epfo, bageze i Kigali batahukanye itike yo gukina iya kamarampaka ‘Play Offs'.
Arikiyepisikopi wa Kigali akaba na Perezida w'Inama y'Abepiskopi Gatolika mu Rwanda, Antoine Cardinal Kambanda, yasabye Abanyarwanda guhumuriza abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu gihe u Rwanda rugiye kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ku wa 6 Mata 1994 ni itariki yatangiriyeho ishyirwa mu bikorwa ry’umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda aho uyu mugambi wari umaze imyaka myinshi utegurwa kuva kuri butegetsi bwa Repubulika ya mbere n’iya kabiri bwashyiraga imbere politiki y’ivangura.
Abapadiri babiri bo muri Diyosezi ya Byumba batawe muri yombi n’inzego z’umutekano zo mu Karere ka Gatsibo kubera gusomera misa ahatemewe.
Minisitiri w’ubumwe bw’abanyarwanda n’inshingano mboneragihugu, Dr Jean Damascène Bizimana, yasabye abanyarwanda gukosora imvugo ikoreshwa ku bakora uburaya, anenga ababitirira izina ry’“indangamirwa”, avuga ko rinyuranye n’igisobanuro nyacyo cy’iri jambo.