Inkuru Nshya

Ishuri Rikuru rya Gisirikare riri mu Karere ka Musanze (RDFCSC) ryatangije amasomo yiga ku Mubano Mpuzamahanga n’Umutekano, agamije gutanga umusanzu unoze mu itegurwa rya politiki n’ifatwa ry’ibyemezo.
Ku Gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki ya 16 Werurwe 2026, nibwo ku Kicaro cy'Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, habereye ikiganiro n'itangazamakuru cyagarutse ku kwerekana umutoza mushya w'ikipe y'Igihugu y'u Rwanda ,Amavubi, ndetse no gutangaza ku mugaragaro urutonde rw'abakinnyi u Rwanda ruzifashisha mu mikino ya gicuti ya ,FIFA Series, itegerejwe kubera i Kigali mu minsi iri imbere.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b'Utugari tw'Umurenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana bashyikirijwe ibikoresho by'akazi birimo mudasobwa biri mu bihembo uyu murenge wemerewe na Minisiteri y'Ubutegetsi bw'Igihugu, MINALOC.
U Rwanda rugiye kwakira Inama Nyafurika yiga ku kwihaza mu biribwa, Africa Food Systems (AFS) Forum, ndetse ikaba izizihirizwamo isabukuru y’imyaka 20 imaze ibayeho.
Minisitiri w’Uburezi, Dr. Nsengimana Joseph, avuga ko abana bahabwa uburezi bufite ireme bakiri bato bagira amahirwe menshi yo gutsinda neza mu mashuri abanza ndetse bakarushaho no gukunda ishuri
Biturutse ku makuru yatanzwe n'abaturage bo mu kagali ka Mvuzo mu murenge wa Bumbogo ho mu karere ka Gasabo,Tariki ya 14/03/2026 ubwo bahamagaraga Polisi bakavuga ko hari moto babonye iri kugurishwa n’abasore babiri kandi bikekwa ko yibwe, abapolisi bageze aho iyo moto (RJ 555 C) iri kugurishirizwa babatse ibyangombwa bya moto barabibura,maze Polisi ihita ibafata uko ari babiri.
Umuhanzi Bruce Melodie  yamaze  gukorana indirimbo na mugenzi we wo muri Nigeria, Oxlade uri mu bahanzi bakomeye ku Mugabane wa Afurika.
U Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa kabiri muri Afurika mu kugira umubare munini w’abaturage bafite ubumenyi mu by’ikoranabuhanga aho ruza rukurikira Botswana iri ku mwanya wa mbere.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka