Inkuru Nshya

Abanyarwanda 18 bari bamaze imyaka myinshi muri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuri uyu wa Mbere tariki ya 16 Gashyantare 2026, bakiriwe n’Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi ubwo bari batahutse.
Imyaka ibaye uruhererekane abantu bakoresha ururimi rw’Ikinyarwanda cyane cyane abo mu bwoko bw’Abanyamulenge n’Abatutsi bahererye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo batabaza ku bw’ibikorwa by’ubwicanyi bw’indengakamere bakorerwa ariko ijwi ryabo ntirirenge umutaru.
Urukiko Rukuru rwa Nyarugenge rwasubitse urubanza rwa Turahirwa Moses uzwi nka 'Moshions' waburanaga ubujurire bw'igihano cy'igifungo cy'umwaka umwe yakatiwe ashinjwa gukoresha ibiyobyabwenge
Mu mwaka w’i 2010, abakunda umuziki wo mu Rwanda no mu Burundi bumvise bwa mbere kuri Radio ndetse abacye bari bafite Televiziyo babona indirimbo ikoze mu rurimi rw'Igiswahili ihuriyemo abanyabigwi mu muziki w’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba aribo Intore Massamba wo mu Rwanda na Kidum Kibido wo mu Burundi
Inzu y'ubucuruzi ifite imiryango itandukanye yo mu karere ka Rubavu, yafashwe n'inkongi yangiza ibicuruzwa bitandukanye birimo n'imyenda.
Pariki y’Akagera yinjije miliyoni 5.06 z'amadorari ya Amerika (miliyari 7 Frw) mu mwaka wa 2025, zivuye kuri miliyoni 4.7$ (miliyari 6,7 Frw) yari yinjije mu 2024, bivuga ko amafaranga yinjiye yiyongereyeho 5,4% mu mwaka umwe
Abahinzi ba Kawa bagize Koperative TWONGERE UMUSARURO WA KAWA yo mu karere ka Kayonza, bavuga ko ubu bahinga Kawa , bakayitunganya ndetse bakayohereza mu mahanga, ibintu bavuga ko byababyariye inyungu.
Umujyi wa Kigali wahawe ikirango cyitwa "UCI Bike City" nk'ishimwe ry'uko wakiriye neza Shampiyona y'lsi y'Amagare ya 2025 kuva tariki ya 21 kugeza 28 Nzeri 2025, bwa mbere ku Mugabane wa Afurika.