Inkuru Nshya

Al Hilal SC Omdurman yo muri Sudani yatandukanye n’umutoza uturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Guy Bukasa nyuma y’ukwezi n’iminsi micye amaze ayitoza.
Ubushakashatsi ku mibereho n’ubuzima mu Rwanda bwa 2025, bwagaragaje ko umubare w’abana bavukana ibilo bike uri kwiyongera, aho wageze ku 8.8% mu 2025.
Ni ibisanzwe ko ibirori byinshi mu Rwanda byinganjemo ubukwe bikorwa mu gihe cy’Impeshyi (Icyi) kuko ari gihe kitarangwamo imvura ishobora kuba kidobya mu birori, ahubwo kikarangwamo izuba ryinshi.Impeshyi y’uyu mwaka wa 2026 yabaye umwanya wo gukora ubukwe ku bakora umwuga w’itangazamakuru ku buryo abagera ku 9 bose bakoze ubukwe mu gihe kitarenze amezi 3 harimo n’abashakanye hagati yabo.
Abaturage batuye hafi y’uruganda rwa sima rwa CIMERWA mu karere ka Rusizi bavuga ko bamaze imyaka irenga icumi bahangayikishijwe n’ingaruka z’ibikorwa by’uruganda, zirimo ivumbi, urusaku n’umutingito w’imashini. Bavuga ko ibi bibazo bibangamira imibereho yabo, ndetse bamwe bakabihuza n’indwara z’ubuhumekero n’iz’umutima.
Umubano wa Juvenal Habyarimana wayoboye u Rwanda imyaka 21 kugeza mu 1994 na Mobutu Sese Seko wayoboraga Zaïre (RDC y’ubu) wabaye Perezida kuva mu 1965 kugeza mu 1997 ntabwo wari ushingiye ku bufatanye mu bya politiki hagati y’ibihugu bayoboraga gusa ahubwo wari uw’ubucuti bwihariye hagati y’aba bombi.
Itsinda ry’Intumwa z’u Rwanda ziyobowe n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda, Tuyishimire Chantal, riri mu ruzinduko rw’akazi muri Brazil rugamije kwagura ubufatanye mu bucuruzi n’ishoramari.
Inzego zitandukanye za Leta mu Ntara y’Amajyaruguru no mu Karere ka Rulindo, zamennye ahabugenewe litiro zirenga ibihumbi 26 z’urwagwa rw’akarusho rwakorwaga n’uruganda rwa Sina Gerard rwo kuri Nyirangarama muri ako Karere. 
Mu gihe mu Karere ka Gicumbi hamaze kumenwa inzoga zitujuje ubuzirange zifite agaciro k'arenga miliyoni 60 Frw, abatuye muri aka Karere basabwe gutanga amakuru y’ahaba hakiri izo nzoga, kugira ngo zose zikurwe mu baturage mu rwego rwo kurengera ubuzima bwabo.
Ikipe ya APR BBC yatsinze Patriots BBC amanota 117-91 ku mukino wa mbere (Game 1) w’imikino ya nyuma ya Cheetah Energy RBL Playoffs yatangiye kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Kanama 2026 muri BK Arena.
Umugaba mukuru wungirije w’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, Maj Gen Robert Yaw Affram, yashimiye Ingabo z’u Rwanda ku bunyamwuga, imyitwarire myiza n’ubwitange zikomeje kugaragaza mu ishyirwa mu bikorwa ry’inshingano z’ubutumwa bw’amahoro

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka