Minisitiri w’Ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana yavuze ko iyo igihugu kidahuguruka ngo kirwanye inzoga zitujuje ubuziranenge cyivuye inyuma zari gushyira igihugu mu kangaratete ku buryo icyizere cyo kubaha ku Banyarwanda cyari kuva ku myaka 70 kiriho ubu kikagera kuri 50.
Minisitiri w’ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana, yasobanuye impamvu Leta y’u Rwanda yafashe ingamba zikomeye zo guhagarika no gukumira inzoga zitujuje ubuziranenge harimo n'izizwi cyane ku izina ry’ibyuma, mbere yo gufata ngamba zikomeye ku itabi kandi ryo binanditseho ko ryica
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB) cyatangaje ko mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2025/2026 ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byoherejwe mu mahanga byinjije asaga miliyari 1.1$
Kuri uyu wa Gatatu mu Murenge wa Kiziguro, Akarere ka Gatsibo, hizihirijwe ku rwego rw’Igihugu umunsi mpuzamahanga w’urubyiruko,hagarukwa ku ruhare rw’urubyiruko mu kubaka u Rwanda rw’ahazaza no ku kamaro ko kurinda ubuzima bwabo.
Ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi byinjirije u Rwanda arenga miliyoni 9$ (asaga miliyari 14,5 Frw), avuye muri toni 8,863 zoherejwe mu mahanga mu minsi itanu gusa, kuva tariki 3-7 Kanama 2026.