Inkuru Nshya

Mu rwego rwo gukomeza guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi hifashishijwe ikoranabuhanga, Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yashyize umukono ku masezerano y’umushinga uzamara umwaka umwe ugamije gukoresha ubwenge buhangano (AI) mu gutahura indwara z’amatungo mu ibagiro
Tariki ya 11 Mata 1994 ni umunsi utazibagirana ku Batutsi bari bahungiye mu ishuri rya ETO Kicukiro bizeye ubutabazi ariko batereranwa n’ingabo z’Ababiligi zari mu butumwa bw’amahoro bwa Loni (MINUAR) maze abarenga 2000 baricwa.
Urwego rwunganira akarere mu by'umutekano ruzwi nka DASSO mu karere ka Nyanza, rwagaragaje igikorwa cy’urukundo, rworoza inka umuturage warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.Ni inka yaguzwe mu bushobozi bwegeranyijwe n'abakozi b'uru rwego bivuye mu kwitanga n'umutima wo gufasha
Mu ruzinduko arimo kuri uyu wa Gatanu,minisitiri w’uburezi Dr.Joseph Nsengimana, yageze i Accra aho yakiriwe na Perezida wa Ghana, John Dramani Mahama.
Umuhanzi Alikiba wo muri Tanzania, yifatanyije n'Abanyarwanda muri iki gihe cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ku cyicaro cy’Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA) ku Kacyiru, habereye igikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 abanyamakuru n’abakozi b’icyahoze ari ORINFOR ndetse n’abandi bo mu bitangazamakuru bitandukanye bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umunyamakuru Daniel Michombero wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wigize umuzindaro w’ubutegetsi bwa perezida Felix Thisekedi yabaye iciro ry’imigani ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo kwita umuhanzi Yampano umuyobozi wo mu ihuriro rya AFC/M23.
Minisiteri y’Uburezi, ibinyujije mu kigo gishinzwe ibizamini n’ubugenzuzi bw’amashuri (NESA), yatangaje gahunda y’uko abanyeshuri biga bacumbikirwa bazatangira gusubira ku mashuri mu gutangira igihembwe cya gatatu cy’umwaka w’amashuri wa 2025/2026.
Umunyamakurukazi Evelyn Umurerwa ukorera RBA, yagaragaje intimba aterwa na Musaza we wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ahishura ko amukunda cyane
Guverineri w’Intara ya Kivu y’amajyaruguru ku ruhande rwa AFC/M23, Bahati Musanga Erasto, yashyizeho ubuyobozi bushya bw’umujyi wa Goma, aho Ngabo Désiré Kisuba yagizwe Meya w’umujyi, asimbuye Julien Katembo Ndalieni, wahise ajyanwa mu nshingano nshya zo kuyobora Teritwari ya Lubero.