Inkuru Nshya

Perezida Faure Essozimna Gnassingbé yashimiye umukuru w’igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame ndetse n’uwahoze ari Perezida wa Nigeria, Olusegun Obasanjo, ku mbaraga bakomeje gushyira mu kuba Abanyafurika bakunga ubumwe mu rugendo rwo guharanira ko uyu mugabane utera imbere.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, yibukije abayobozi b’inzego z’ibanze mu Turere no mu Mujyi wa Kigali ko inshingano yabo ya mbere ari ugukorera abaturage no kubashyira imbere, ashimangira ko abakozi n’abayobozi badatanga serivisi nziza bagomba kubibazwa
Ambasaderi Christine Nkulikiyinka yahererekanyije ububasha na Minisitiri w'Abakozi ba Leta n'Umurimo, Judith Uwizeye, wamusimbuye kuri uyu mwanya
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Rwanda ifatanyije n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba EAC, batangije ibikorwa byo kumva ibitekerezo by’Abanyarwanda ku ngingo zizagenderwaho mu gushiraho Itegeko Nshinga rigena ukwihuza kw’ibihugu bigize uyu Muryango.
Abantu batandatu bo mu Kagari ka Arusha, mu Murenge wa Bigogwe, mu Karere ka Nyabihu, bapfuye mu buryo butunguranye, bikekwa ko bazize inzoga itemewe yo mu bwoko bwa Kanyanga izwi nka “Rubenge”
Leta ya Israel yafashe icyemezo cyo kuvana u Rwanda ku rutonde rw’ibihugu bifite abaturage babujijwe kwinjira muri Israel by’agateganyo kubera Icyorezo cya Ebola
Ambasaderi Urujeni Bakuramutsa yashyikirije Perezida wa Slovenia, Nataša Pirc Musar, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo Gihugu.
Kuri uwo munsi mu ijoro nibwo Ingabo za FPR Inkotanyi zarokoye Abatutsi ibihumbi bibiri bari bihishe muri Saint Paul. Icyo gikorwa cyakurikiwe n’uburakari bukabije bw’interahamwe zica umubare munini w’Abatutsi bari barahungiye mu nzu za kiriziya ya Sainte Famille.
Mu Rwanda hari kubera inama y’Umutwe w’Ingabo z’Ibihugu byo mu Burasirazuba bwa Afurika ziteguye gutabara mu bihe bikomeye (EASF) igamije kwemeza Inyandiko Ngenderwaho y’ibikorwa bihuriweho by’Ingabo zo mu Kirere.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yagaragaje ko gushora imari mu rwego rw’ubwikorezi bwo mu kirere muri Afurika bikwiye gufatwa nk’amahirwe yo kwihutisha iterambere ry’umugabane, aho kuba umutwaro, kuko ari imwe mu nkingi zafasha ibihugu bya Afurika kwihuza no guteza imbere ubucuruzi n’ishoramari