Inkuru Nshya

Minisitiri w'Ubumwe bw'Abanyarwanda n'Inshingano Mboneragihugu, Dr. Jean Damascéne Bizimana,  yasabye Abanyarwanda kuzirikana indangagaciro z'umuco Nyarwanda Umuganura ubibutsa, zirimo gukunda Igihugu, ubupfura, umurava, kwiyubaha, n'izindi bakirinda kirazira nko kwiyandarika n’izindi.
Abakinnyi William Kiah Perry na Abdoulaye Harouna Amadou bari barasinyishijwe n'ikipe ya REG BBC ngo bazayifashe mu mikino ya kamarampaka, Cheetah Energy RBL Playoffs, ntabwo bazakinira iyi kipe y'Ikigo Gishinzwe Ingufu bitewe n'uko batujuje ibyangombwa.
Mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko habereye umuhango wo gusezera bwa nyuma mu cyubahiro Senateri Mukabalisa Donatille uherutse kwitaba Imana.Uyu muhango witabiriwe n’abayobozi mu nzego nkuru z’Igihugu, abagize umuryango we, abavandimwe n’inshuti baje kumuha icyubahiro cya nyuma no kwifatanya n’umuryango we mu kababaro.
Ikipe ya Rayon Sports y'abagore yatandukanye n'abakinnyi 5 itazakomezanya nabo mu mwaka utaha w'imikino wa 2026/27.Aba bakinnyi batandukanye na Rayon Sports ni Nahimana Nasra ukina ku ruhande rw'iburyo asatira izamu, Umwiza Martha ukina mu kibuga hagati, Keza Angelique ukina nka myugariro, Mukamana Jeanette ukina ku ruhande rw'ibumoso yugarira n'umunya-Cameroon Matapa Naoussie Omerie Delsir ukina nka rutahizamu.
Umuzamu w'umunyarwanda Muhawenayo Gad yamaze kumvikana n'ikipe ya Kuching City ikina icyiciro cya mbere muri Malaysia nyuma yo gutandukana na Marines FC yari yarasinyiye atayikiniye umukino n'umwe.
Mu kwizihiza iyi myaka 10 ishize, Ishimwe Clement yashimiye cyane umugore we Knowless avuga ko kumuhitamo nk’umugore ari wo mu myanzuro mwiza yafashe mu buzima bwe bwose. Mu gihe Knowless nawe yashimiye umugabo we ku bana beza babyaranye.
Icuruzwa ry’abantu ni kimwe mu bibazo bihangayikishije Isi. Imibare y’Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye rishinzwe Kurwanya Ibiyobyabwenge n'Ibyaha UNODC, igaragaza ko ku mwaka abarenga miliyoni 27.6 bacuruzwa cyangwa bakajyanwa gukoreshwa imirimo y’agahato aho ibi bikorwa byinjiriza ababikora asaga miliyari 236$.
Kuva hatangizwa gahunda yo kurwanya no guca ibinyobwa bitujuje ubuziranenge ,Polisi mu mujyi wa Kigali,ifatanyije n'izindi nzego bafashe ikinyabutabire cya Ethanol cyifashishwa mu kwenga izi nzoga ,Litiro zirenga ibihumbi 470 zikaba zamenwe mu Kimoteri cya Nduba.
Mu Ngoro y’Amateka y’Abami iri mu Rukali mu karere ka Nyanza ni hamwe mu hantu ndangamurage habumbatiye amateka y’u Rwanda, hatanga ishusho igororotse y’ubutegetsi bwa cyami.
Kuri uyu wa Kane taliki ya 6 Kanama I Kigali hateraniye inama nkuru y'Igihugu y'abana,aho iba ihuje abana bahagarariye abandi kuva ku rwego rw'umurenge kugera ku Karere ,Intara n'Umujyi wa Kigali.Ni inama yahuje abana barenga 500.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka