Inkuru Nshya

Ikipe ya RSSB Tigers yamaze gusinyisha umukinnyi Tyler Tarik Bey ukina nka forward ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ngo azayifashe mu mikino ya kamarampaka iteganyijwe gutangira tariki 5 Kanama 2026.
Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi yasabye abaturarwanda gukaza imbaga zo gukumira no kugabanya ingaruka z’ibiza by’Imyuzure, Inkangu, Inkuba, Inkubi y’Umuyaga n’ibindi kubera igihe cy’imvura nyinshi izagaragara mu gihe cy’Umuhindo.
Amakipe y'u Rwanda y'ingimbi n'abangavu mu batarengeje imyaka 18 yageze i Kigali avuye i Cairo mu Misiri mu mikino y'akarere ka Gatanu (Zone 5) yo gushaka itike y'Igikombe cya Afurika cy'abatarengeje imyaka 18 kizabera i Abidjan muri Côte d'Ivoire.
Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Iterambere (RDB) rwatangaje ko rwahagaritse urushushya rw’ibikorwa by’imikino y’amahirwe rwa Baron Sports Gaming Ltd (Forzza Bet).
Ikipe ya Rayon Sports y'abagore yisanze mu itsinda A hamwe na Yei Joint Stars yo muri Sudani y'Epfo, Mafunzo SC yo muri Zanzibar na Denden FC yo muri Eritrea mu mikino ya CECAFA yo gushaka itike ya CAF Women's Champions League.
Ikipe ya Patriots BBC yamaze kongeramo umukinnyi Noel Obadiah Arthur wamenyekanye ku izina rya Mutabazi ubwo yakiniraga ikipe ya APR BBC mu rwego rwo gukomeza imfuruka yitegura imikino ya kamarampaka nk'uko yabyemeje kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Nyakanga 2026.
Ishami ry’Umuryango Mpuzamahanga ryita ku Bimukira mu Rwanda (IOM) ryatanze amashyiga ya gaz yo gucana izwi nka (Liquefied Petroleum Gas: LPG) ku mashuri arindwi yo mu Rwanda.
Senateri Donatille Mukabalisa wari umaze imyaka irenga 20 akorera Inteko Ishinga Amategeko y'u Rwanda, yitabye Imana, azize uburwayi yari amaranye iminsi.
Amakipe 10 y'abagore arimo Rayon Sports yo mu Rwanda ategerejwe mu Rwanda mu mikino ihuza amakipe yabaye aya mbere muri Afurika y'Iburasirazuba n'iyo Hagati yo gushaka itike y'Irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika, CAF Women's Champions League CECAFA Qualifiers 2026.
Komisiyo y’u Rwanda ishinzwe gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari abasirikare, RDRC, yatangaje ko ku wa 29 Nyakanga 2026 yohereje muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) Abanye-Congo 39 bari barivuze KO bahoze ari abarwanyi ba FDLR.