Inkuru Nshya

Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi, MINEMA, yongeye kwibutsa Abanyarwanda n’Abaturarwanda bose uko bakwiye kwitwara muri ibi bihe by’imvura irimo inkuba mu rwego rwo kwirinda ibyago bituruka ku kutitwararika harimo  no kubura ubuzima.
Mu misozi miremire y’i Mulenge, muri Teritwari ya Minembwe, mu Ntara ya Kivu y’amajyepfo  Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 24 Gashyantare 2026, (RDC), habaye ibitero bikomeye byagabwe mu mihana ituwe n’Abanyamulenge, irimo Kalingi, Bidegu na Gahwela, biherereye mu gace ka Minembwe.
Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI), David Lappartient, yihanganishije Abanyarwanda ku bw’impanuka yahitanye abantu babiri ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda 2026.
Imyaka 25 irashize Leta y'u Rwanda ishyizeho gahunda y'Ubwisungane mu Kwivuza (Mituweli cyangwa Mutuelle de Santé) nk’umusingi wo kugeza serivisi z’ubuvuzi zihendutse ku baturage bose mu gihugu
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yagaragaje ko imvugo zibiba urwango n'ingengabitekerezo ya Jenoside, bikomeje kugaragra mu karere by'umwihariko mu Burasirazuba bwa RDC, asaba ko umuryango Mpuzamahanga wagira icyo ukora.
Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu Mahanga ry’Ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB) cyeretse intumwa z’ Ikigega Mpuzamahanga Gishinzwe Iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi, (IFAD) aho igeze ishyira mu bikorwa umushinga ugamije gufasha abahinzi bato b’ibihingwa byoherezwa mu mahanga, PSAC.
Umunya Esipanye Martí Soriano Pau ukinira Never Say Never (NSN) Development Team ni we wegukanye agace ka kabiri ka Tour du Rwanda 2026, kakinwe ku ntera y'ibilometero 134,6 kuva mu Mujyi wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, kugera mu Karere ka Huye.
Diyosezi Gatlolika ya Butare yatangaje ko Padiri Prof. Faustin Rutembesa yitabye Imana ku cyumweru tairki ya 22 Gashyantare 2026, azize uburwayi
Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, yatangaje ko Polisi yamaze kumenya aho umugore wagaragaye mu mashusho akubita umugabo we inshyi aherereye, akaba agiye gukurikiranwa.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka