Inkuru Nshya

Umukecuru bikekwa ko yari afite uburwayi bwo mu mutwe yasanzwe yishwe,hatabwa muri yombi abantu bane bivugwa ko nijoro bari bamufite.
Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr. Jimmy Gasore yahagarariye Perezida Paul Kagame mu nama ya Africa ‘We Build Summit 2026’ iri kubera i Nairobi muri Kenya.
Perezida Paul Kagame yakiriye itsinda riyobowe na Xu Hui, Umuyobozi w’Ikigo cy’ishoramari cyo mu Bushinwa cya Rich Resource International Investments (RRII) akaba n’Umuyobozi Wungirije w’Inama y’Ubutegetsi ya Chery Holding.
Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwongeye gusabira Munyenyezi Béatrice igihano cy’igifungo cya burundu, busaba ko icyemezo cyafashwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Huye kidahinduka.
Umuhanzi akaba n’umunyamakuru, Nyarwaya Innocent uzwi cyane nka ‘Yago’, ari mu mashimwe menshi nyuma y’uko asezerewe mu bitaro aho yari amaze iminsi arwariye bitewe n’impanuka ikomeye y’imodoka yakoze mu ijoro ryo ku wa Kane, tariki ya 16 Mata 2026.
Umuhanzi akaba n'umuhanga mu gutunganya indirimbo mu buryo bw'amajwi Element Eleeeh yashyize hanze indirimbo ye nshya ‘ Ayayaah’ ,  yakoranye n’abahanzi bakomeye bo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba Joshua Baraka wo muri Uganda na Bien Aime wo muri Kenya.
Komisiyo y’Ishyirahamwe rya Ruhago mu Rwanda (FERWAFA), ishinzwe imyitwarire, yatumije umutoza w’ikiye y’Amagaju, ushinzwe kongera ingufu, Imurora Hakizimana Japhet ndetse n’umukinnyi w’ikipe ya Musanze FC, Gahungu habarurema ngo basobanure imyitwarire yabavuzweho yo kugena ibiva mu mukino (Match Fixing).
Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) rwatangaje ko rusoje ibiganiro birebana n’ibimenyetso mu rubanza rwa lieutenant-général Philémon Yav Irung uregwa ubugambanyi,rutegeka ko iburanisha ritangira kuwa 5 Gicurasi.
Umuhanzi w’injyana gakondo y’umuziki Nyarwanda, Jules Sentore yatangaje ko agiye gukora igitaramo cya mbere mu bitaramo bitatu ateganya gukora biherekeza Album ye yise ‘Umudende’ aheruka gushyira hanze.
Mu gihe ibiganiro bikorwa mu ibanga rikomeye, Leta Zunze Ubumwe za Amerika iri kuganira na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ku buryo bwo kwimurirayo impunzi zirenga 1.100 z’Abanya Afghanistan, zakoranye n’ingabo za Amerika mu ntambara yarwanaga n’aba Taliban.