Inkuru Nshya

Perezida wa Mozambique, Daniel Francisco Chapo, uri mu ruzinduko rw'akazi rw’iminsi ibiri mu Rwanda, yasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ruri ku Gisozi.
Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru ku mugabane wa Afurika (CAF), ryateye utwatsi icyifuzo cya Rayon Sports na APR FC cyo kwakirira imikino Nyafurika kuri Kigali Pele Stadium, kuko itujuje ibisabwa nka Stade Mpuzamahanga
Sosiyete Nyarwanda y’Ubwikorezi bwo mu Kirere, RwandAir, yatangaje ko yamaze kwakira indege ebyiri nshya zo mu bwoko bwa Boeing 737-800s
Perezida wa Repubulika ya Mozambique, Daniel Chapo, yashimye cyane umubano usanzwe hagati y’u Rwanda n'igihugu cye, ashimangira ko ushingiye ku bufatanye, ubuvandimwe n’ubudahemuka hagati y’ibihugu byombi
Mu masaha make ashize nibwo umuhanzi Nyarwanda, Kevin Kade yashyize hanze amashusho y’indirimbo ye nshya yise “Nyanja”, nyuma y'igihe yari amaze ayiteguje abakunzi b’umuziki we
Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame, na mugenzi we wa Mozambique, Daniel Francisco Chapo, bahagarariye isinywa ry'amasezerano y'ubufatanye hagati y'ibihugu byombi, mu bijyanye n'Umutekano ndetse n'Ubucuruzi
Umugaba w’Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado, Maj Gen Emmy K. Ruvusha, yakiriye Umugaba w’Ingabo za Mozambique (FADM), Maj Gen André Rafael Mahunguane, ku cyicaro cya RSF giherereye i Mocimboa da Praia
Urukiko rwa Gisirikare ruri i Nyamirambo, rwategetse ko abasivili n’abakozi ba RCS bakurikiranyweho ibyaha birimo ubufatanyacyaha mu gukoresha umutungo wa Leta icyo utagenewe barekurwa by’agateganyo, rutegeka ko abasirikare bo bareganwa na bo bafungwa by’agateganyo
Rwiyemezamirimo Malik Shaffy n'umugore we Umutoni Nadia usanzwe ari umunyamakuru wa RBA, batangaje ko urugendo rwabo rw'urukundo rwatangiye ubwo bakoranaga mu myaka ya za 2011

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka