kwibuka

Tariki ya 13 Mata 1994 ni imwe mu matariki atazibagirana ku barokotse Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 kuko kuri iyo tariki abatutsi bari baragiye bahungira ahantu hatandukanye mu Rwanda bagabweho ibitero benshi bakwicwa.
Muteteri Beatha warokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi i Nyanza ya Kicukiro yagaragaje amateka ashariye atazigera amuva mu mutwe ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiraga tariki 7 Mata 1994.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yavuze Leta ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ishyigikiye umuhungu wa Habyarimana, badafite gahunda yo guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda gusa, ahubwo bashaka kugarura Jenoside.
Tariki ya 12 Mata 1994 uwari Umunyamabanga Mukuru wa Loni, Boutros Boutros-Ghali yavuze ko MINUAR igomba kuva mu Rwanda atitaye ku Batutsi barimo bicwa hirya no hino mu Rwanda.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yanenze amahanga yari azi neza ko Jenoside yakorewe Abatutsi iri gutegurwa ariko ntagire icyo akora kugira ngo ayihagarike, ndetse n’Ingabo za Loni zatereranye Abatutsi muri ETO Kicukiro.
Ku rwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza ya Kicukiro habereye umugoroba wo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, witabiriwe n’abayobozi batandukanye ndetse n’abaturage benshi baje kunamira no kuzirikana inzirakarengane zahiciwe mu gihe cya Jenoside.Umuyobozi w'umujyi wa Kigali yagaragaje uko abari bahungiye muri ETO Kicukiro batereranywe.
Mu gihe Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda bakomeje ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Umunyarwanda Norbert Mbabazi w’imyaka 46 yahisemo kwibuka akora urugendo rurerure n'amaguru ari mu guha agaciro abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi yibuka urugendo nabo bakoreshejwe.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Jean Damascène Bizimana, yashimangiye ko abarokoye Abatutsi ari ishema rikomeye u Rwanda rufite, anasaba ko bakomeza kubera Abanyarwanda bose icyitegererezo
Tariki ya 11 Mata 1994 ni umunsi utazibagirana ku Batutsi bari bahungiye mu ishuri rya ETO Kicukiro bizeye ubutabazi ariko batereranwa n’ingabo z’Ababiligi zari mu butumwa bw’amahoro bwa Loni (MINUAR) maze abarenga 2000 baricwa.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka