kwibuka

Ku munsi nk’uyu, tariki ya 13 Gicurasi 1994, ni yo yabaye itariki ya mbere y’ibitero simusiga byaje mu Bisesero bigambiriye kwica Abatutsi.
Byabereye mu gikorwa cyo  kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi cyateguwe n’idini rya EAR diyoseze ya Kivu aho muri uyu muhango Musenyeri yahagurukije abapasiteri maze bose bagapfukama basaba imbabazi uwitwa Drocelle wahungiye ku wari pasitor wa EAR ariko akanga kumuhisha.
Ku munsi nk’uyu, tarikiya 12 Gicurasi 1994, kuri ADEPR Nyabisindu i Muhanga haje interahamwe zisize ingwa n’amarangi zambaye amashara, zifite intwaro, ibyuma, amashoka, imihoro, ubuhiri burimo imisumari, zirara mu Batutsi bari bahahungiye zirabica.
Mu gihe Abatutsi bari bakomeje kwica mu mu bice bitandukanye by’igihugu, u Bufaransa bwari bwiteguye gukomeza gushyigikira ingabo z’u Rwanda (FAR), bwirengagije ubwicanyi Abatutsi bakorerwaga na Leta ya Theodore Sindikubwabo, Guverinoma ye n’ingabo za Leta.
Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Niger ku bufatanye na Ambasade y’u Rwanda muri iki gihugu cyo muri Afurika y’Iburengerazuba, bibutse ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Kuri uyu wa Gatandatu , Umuyobozi ushinzwe ubufatanye bw' ingabo n'abaturage Col Désiré Migambi yifatanyije n’abanyamuryango b' Ishyirahamwe ry'umukino wa Golf (Rwanda Golf Union) mu mugoroba wo kwibuka no guha icyubahiro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ni igikorwa cyo cyabereye i Kigali mu cyanya cy' umukino wa Golf , i Nyarutarama.
Kuri uyu wa Gatandatu,ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe abatutsi rwa Cyanika mu karere ka Nyamagabe habereye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, cyitabiriwe n'abaturage n'abayobozi batandukanye.
Kuri uwo munsi Gen Jean Pierre Huchon wo mu ngabo z’u Bufaransa yiyemeje guha ingabo z’u Rwanda ibisasu bya 105mm, amasasu y’imbunda nto zihabwa buri musirikare, n’ibikoresho by’itumanaho kugira ngo byoroshye imishyikirano y’ibanga hagati ye na Gen Augustin Bizimungu wari umuyobozi mukuru w’ingabo z’u Rwanda.
Kuri uyu wa Gatanu Colonel Désiré Migambi Mungamba, Umuyobozi Mukuru ushinzwe ubufatanye hagati y’Ingabo n’abaturage muri RDF,yifatanyije n’abayobozi b’inzego z’ibanze mu Karere ka Gatsibo mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ku munsi nk’uyu ni bwo FPR yatangarije Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa ko intego yayo ari uguhagarika Jenoside no kugarura umutuzo n’ umutekano mu gihugu.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka