kwibuka

Kuri iyi tariki i Kabgayi mu Majyepfo Interahamwe zishe Abatutsi zibakuye aho bari bahungiye muri Kiliziya zijya kubicira kuri Nyabarongo abandi batabwamo ari bazima.
Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva yagaragaje ko buri Munyarwanda wese akwiye kumva ko amateka yaranze u Rwanda atamureba kuko ari inshingano za buri umwe guharanira ko ibyabaye bitazongera ukundi.
Tariki nk’iyi mu 1994, nibwo hatangiye agahenge k’amasaha 36 nk’umwanzuro wari wafashwe na FPR Inkotanyi ubwo Iqbar Riza wari umujyanama wihariye w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye yabasuraga ku Mulindi.
Tariki nk’iyi mu 1994 nibwo Ingabo za FPR zafashe ikibuga cy’indege cya Kigali ndetse n’ikigo cya gisirikare cya Kanombe mu rugamba rwazo rwo guhagarika Jenoside yakorerwaga Abatutsi.
Ku itariki ya 20 Gicurasi 1994 nibwo kuri Duwane hiciwe abagore n’abana bagera kuri 470 bari bakusanyirijwe mu nzu y’umuturage babeshywa umutekano, abicanyi bakaba barazanywe na Rutiganda Jean Damascène wari Burugumesitiri wa komini Murama.  
Kuri iyi tariki, Abagore n’abana barenga 500 biciwe ku Kigo Nderabuzima cya Mushubi, mu Karere ka Nyamagabe, maze bajugunywa mu cyobo cy’umusarani.
Kuri iyi tariki Perezida Sindikubwabo Théodore yasuye icyahoze ari perefegitura ya Kibuye ashimira interahamwe zaho uburyo ngo zakoze neza akazi ko kwica Abatutsi.
Kuri iki cyumweru Minisitiri w'ubumwe bw'abanyarwanda n'inshingano mboneragihugu Dr. Bizimana J.Damascene yifatanyije n’abaturage b’akarere ka Kamonyi mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi,ku rwibutso rwa Kamonyi rushyinguyemo Abatutsi basaga ibihumbi 47.
Abanyarwanda baba muri Chad n’inshuti z’u Rwanda bibutse ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 biyemeza kurwanya ingengabitekerezo ya jenoside.
Kabuga arapfuye ariko ibyaha yakoze byo ntabwo bipfuye n’amateka ntabwo apfuye, Jenoside ni icyaha kidasaza kandi n’ayo mateka azakomeza anamushinje n’icyo cyaha.”