kwibuka

Kuri iyi tariki nibwo intumwa za Leta y’abatabazi yari iri gukora Jenoside zakiriwe n’ubutegetsi bw’u Bufaransa i Paris, hirengagijwe ubuzima bw’Abatutsi ibihumbi bari bamaze kwicwa bazira uko bavutse.
Kuri iyi tariki yishwe Abatutsi ku maparuwasi atandaukanye mu gihugu ndetse ni bwo hishwe Abatutsi bari bahungiye kuri ISAR Rubona.
Minisitiri w'ububanyi n'amahanga n'ubutwererane Olivier Nduhungirehe asaba urubyiruko kwiga ,gushaka imirimo kunga ubumwe mu kubaka igihugu no kukirinda abanzi bashaka kugisubiza mu icuraburindi.
U Bufaransa bwatangaje ko hari Abanyarwanda 36 bari gukorwaho iperereza kugira ngo bazaburanishwe ku byaha bakekwaho bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda.
Ku itariki nk’iyi mu 1994 ni bwo Ingabo za FPR Inkotanyi zatangiye guhungisha abo zari zarokoye ziberekeza mu bice bitarimo imirwano bya Byumba na Gahini.
Mu gihe Jenoside yari irimbanyije, ingabo za RPA zatangaje ko zihagaritse imirwano kugira ngo zirebe ko ubwicanyi bwahagarara ariko icyo cyemezo giteshwa agaciro na Leta yakoraga Jenoside.
Kuri uyu wa Gatatu, muri kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, habereye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, by’umwihariko hibukwa abari abanyeshuri, abarimu n’abakozi b’iyahoze ari kaminuza nkuru y’u Rwanda (UNR).
Kuri uyu wa Gatatu muri kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye habereye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi by’umwihariko hibukwa abari abanyeshuri,abarimu ,n’abakozi b’iyi kaminuza yahoze ari kaminuza nkuru y’u Rwanda UNR bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abatutsi bahungiye kuri Komini Huye baturutse muri amwe mu makomini ya Butare byegeranye na Huye nka Mbazi, Maraba, Ngoma na Matyazo mu Mujyi wa Butare ndetse na Gikongoro. Abapolisi n’abasirikare bahagose iminsi itatu yose, amazi bayaciye ntawe ujya kuvoma, babicisha inyota n’inzara.
Mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe abatutsi mu murenge wa Karama ho mu karere ka Huye mu cyahoze ari komini Runyinya,inararibonye Antoine Mugesera yagaragaje ko Leta mbi yashutse abaturage basenya igihugu ariko ubu hari Leta nziza abana bakwiye kwiga amateka meza bakiga kubana mu mahoro hagamijwe gukomeza kubaka igihugu cyiza.

Iyandikishe ku rutonde rw’abakira ubutumwa bwacu kugira ngo ubone amakuru mashya buri munsi mu buryo bw’ikoranabuhanga

Amakuru Aheruka