Ubukungu

Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo irashimangira ko kubahiriza amategeko agenga umurimo ari ingenzi mu guteza imbere imikoranire myiza hagati y’umukoresha n’umukozi, ndetse no kongera umusaruro mu kazi.
I&M Bank Rwanda yatangaje ko umutungo wose wayo wageze kuri miliyari 1000 mu mwaka ushize wa 2025, mu gihe inyungu yose havuyemo umusoro, yazamutse ku kigero cya 24% muri uwo mwaka.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), cyatangaje ko ibicuruzwa u Rwanda rwohereje mu mahanga hagati y’itariki 16-20 Werurwe 2026, byinjije arenga miliyari 13 Frw avuye muri toni 9,651 z’ibyoherejwe byose hamwe.
Ikigo cy’Abadage gikora imodoka, Volkswagen, cyanyomoje amakuru yatangajwe ku mbuga nkoranyambaga avuga ko kigiye guhagarika ibikorwa byacyo mu Rwanda, kivuga ko nta shingiro afite.
Abagande batandatu batawe muri yombi ndetse bategerejwe gushyikirizwa urukiko kuri uyu wa 23 Werurwe 2026, bakurikiranyweho uruhare mu mugambi w’uburiganya bwifashishije ikoranabuhanga bwambukiranya imipaka, bwibasiye Banki ya Equity mu Rwanda
Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda, Soraya Hakuziyaremye, yatangaje ko kugeza ubu nta zamuka rigaragara ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli na gaz ku isoko ry’u Rwanda riraterwa n’intambara imaze ibyumweru bitatu mu Burasirazuba bwo Hagati
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare, NISR, cyatangaje ko umusaruro mbumbe w’u Rwanda (GDP) mu 2025 wazamutse ku kigero cya 9,4% ugera kuri miliyari 23.387 Frw uvuye kuri miliyari 19.918 Frw wari uriho mu mwaka wa 2024.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere iyoherezwa mu mahanga ry’ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), cyatangaje ko ibicuruzwa u Rwanda rwohereje mu mahanga hagati y’itariki 2-6 Werurwe 2026, byinjije arenga miliyoni 10$ (arenga miliyari 14,6 Frw).